Advertising

Umuhanzi Theo Bosebabireba yavuze uburyo yarwaye SIDA amezi 3 akayamara arara amajoro adasinzira

03/10/2023 11:41

Umuhanzi w’indirimbo zahimbiwe Imana Theo Bosebabireba yasobanuye uburyo umuntu yamubonyemo impamvu akamurwaza SIDA yabaringa ashaka kumwumvisha gusa.

Ubwo yagarukaga kuburyo abantu bagenda bahemukira bagenzi babo mu kiganiro yagiranye na ISIMBI , Theo Bosebabireba, yahishuye ko nawe yagiriwe nabi n’umuntu wamubonyemo impamvu agashaka kumwumvisha.

 

Theo basobanuye ko uwo muntu yamurwaje amezi 3 Theo atagoheka ndetse yaramaze no kwiyakira kandi nyamara ataribyo.Yagize ati:” Umuntu yigeze kubona impamvu kuri njye andwaza SIDA amezi 3 , mara amezi 3 nyirwaye , nyiyumvamo nariyakiriye ariko nzagusanga ntibyaribyo ari ukugira ngo anyumvishe kubera impamvu , kuko yari afite impamvu”.

 

Yakomeje agira ati:” Ngahamagara abantu nti mpa amakuru harya iyo umuntu arwaye SIDA ibimenyetso biba bimeze bite ? Uwo muntu nawe ntaramenya ibyaribyo , ati ngo ko ari hatari ? Imana izayindinde “.

 

Uyu muramyi yavuze ko abantu ari babi ndetse ko ngo buri gihe baba bashaka impamvu ku muntu iyo bayibonye bamukorera amahano.

Previous Story

Amashusho yagaragaje Umu Pasiteri ari gukina n’Intare yanyomojwe ukuri kwayo gushyirwa hanze – Soma Inkuru

Next Story

Nyuma yo gushora arenga Miliyoni 20 kugira ngo ase n’imbwa ze yagize ibyago aho kumukunda ziramwanga

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amavubi yatsinze Benin ayirusha

Ikipe y’Igihugu y’uRwanda Amavubi yatsinze Bénin ibitego 2-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’afurika 2025 kizabera muri Morocco, n’Umukino w’Umunsi wa 4 mu
Go toTop