Sunday, May 12
Shadow

Iyobokamana

Kenya: Police yapakiye ibyuma byo mu rusengero inambika amapingu Pasiteri wakusanyaga amaturo

Kenya: Police yapakiye ibyuma byo mu rusengero inambika amapingu Pasiteri wakusanyaga amaturo

HANZE, Iyobokamana
Mu gihugu cya Kenya , umukozi w’Imana warimo ku bwiriza ari gukusanya inkunga yatawe muri yombi na Polisi nk’uko byatangajwe n’inzego zishinzwe umutekano zashyize hanze amafoto abigaragaza. Mu gace ka Kinyenya hagaragaye icyiswe ruswa mu rusengero aho byavuzwe ko hari gukusanya inkunga mu bikorwa byarimo n’abamwe mu bayobozi basanzwe bari batumiwe.Iki gikorwa cyangijwe n’abo mu Ihuriro rya UPDA [United Democratic Alliance ], riyoborwa n’uwitwa Mugirango. Iki gikorwa cya ruswa yatangirwaga mu Itorero ry’Imana rya Kisiri cyari kibaye ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya nk’uko The Citizen ibitangaza.Umwe mu bagize iryo torero yagize ati:”Ntabwo twahabwa umugisha w’Imana niba tuza munzu yayo hakamo imvururu.Ntabwo twakumva ijambo ry’Imana”. Nyuma y’ibi bikorwa ababigizemo uruhare bo...
Nyarudindiri yagize icyo asaba Israel Mbonyi

Nyarudindiri yagize icyo asaba Israel Mbonyi

Imyidagaduro, Iyobokamana
Umusore umaze kwamamara nka Nyarudindiri muri muzika Nyarwanda by’umwihariko mu matorero atandukanye , yagaragaje ko Israel Mbonyi ari we muhanzi ushoboye kuri we agira icyo amusaba. Ni ikiganiro agiranye na X Large kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024 aho yari kumwe n’abarimo Yaka Mwana.Uyu musore ubwo yabazwaga abahanzi abona bashoboye muri muzika Nyarwanda yagarutse ku bahanzi bagera kuri 2 nawe yishyira ku mwanya wa Gatatu nk’umuhanzi ushoboye kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Yagize ati:”Abahanzi ba mbere mu kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, uwa mbere ni Israel Mbonyi, uwa kabiri ni Charles Kagame”.Uyu musore yavuze ko impamvu akunda aba bahanzi bigatuma abashyira ku myanya y’imbere ari uko , bazi kuririmba mu buryo bwa Live cyane [Imbona nkubone]. AtI:...
GASABO: Pasiteri arashinjwa kugurisha urusengero akaburirwa irengero

GASABO: Pasiteri arashinjwa kugurisha urusengero akaburirwa irengero

Inkuru Nyamukuru, Iyobokamana
Abayoboke b'Itorero Iriba ry'Ubugingo basengeraga mu Rusengero rwubatse mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Bumbogo mu Mudugudu wa Ruraza baratabaza Ubuyobozi nyuma y'aho Umukuru w'irwo Rusengero arugurishirije bwihishwa.  Abasengera muri uru rusengero Iriba ry'Ubugingo , bavuga ko muri 2014 aribwo bateranyije amafaranga yo ku rwubaka none ngo bakaba baratunguwe no kumva ko uyu muyobozi wabo Mukarunanira Jeanne d'Arc yarugurishije Miliyoni 20 RWF tariki 14 Mata uyu mwaka. Aba bayoboke bavuga ko ibyabaye byari mu bwiru ko nta ruhare babigizemo nk'Itorero.Ati:"Ikibazo dufite ni uko yagiye kugurisha Urusengero Itorero ritabizi abikora rwihishwa".Bakomeje bavuga ko ibyo bikimara kuba Pasiteri wabo, yahise akuraho telefone akaburirwa irengero. Ubwo bari bakiri mu bibazo byo kwibaza uko ur...
Biggy Shalom yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Abba’ iri mu ndimi z’Amahanga – VIDEO

Biggy Shalom yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Abba’ iri mu ndimi z’Amahanga – VIDEO

Imyidagaduro, Iyobokamana
Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Biggy Shalom yashyize hanze indirimbo yise 'Abba' iri mu ndimo z'Amahanga. Nyuma yo gushyira hanze amashusho y'indirimbo 'Abba', Biggy Shalom yaganiriye na UMUNSI.COM atangaza ko yayikoze ashaka kugaragaza ko mu buzima bwa buri munsi bwa muntu hatarimo Imana ntacyo yageraho.Mu magambo ye yagize ati:"Ubusanzwe njye nkora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, iyi ndirimbo rero nyandika nari mfite 'Inspiration' yo kuvuga ngo 'No You , No Life' ubwo navugaga Imana ariko nk'umuntu wemera 'Yesu Kirisito' nk'umwami wanjye n'umukiza nakoresheje izina rya Yesu kuko Imana twahawe ukuyita Data bitewe n'uko twizera Yesu kandi ijambo 'Abba' risobanura Data. Biggy Shalom avuga ko nyuma yo kwitegereza ibintu bikikije Isi, yasanze atari ibyo kwis...
Inyenyeri z’Ijuru bashyize hanze amashusho y’indirimbo bise ‘IMBABAZI’ – VIDEO

Inyenyeri z’Ijuru bashyize hanze amashusho y’indirimbo bise ‘IMBABAZI’ – VIDEO

Imyidagaduro, Iyobokamana
Korali y’abasore 6 bagize ‘Inyenyeri z’Ijuru, bakorera Umurimo w’Imana mu Karere ka Nyamasheke , bashyize hanze amashusho ‘Imbabazi’ ku mugoroba w’Isabato yo ku wa 19 Mata 2024. Indirimbo ‘Imbabazi’ irimo ubutumwa bugaragaza urukundo Imana ikunda abantu yaremye dore ko bayanditse bashingiye kubyo ibakorera umunsi ku munsi.Mu gitero cya Mbere cy’iyi ndirimbo, bagaragaza mo uburyo abantu bavuye ku Mana nta handi bajya kubera ko aho kwisanzurira ari ku Mana gusa. Bagize bati:”Mbese twakuvaho , Mwami tukajyahe ¸ko ntaho twabona twisanzura nk’iwawe.Iyo turi kumwe tugira amahoro, kwibanira nawe biratunezeza.Imbabazi zawe ni nshingi Mana , kugira neza kwawv guhoraho iteka.Ibyo udukorera biraturyohera.Mwami ntawundi twahungiraho”. https://twitter.com/umunsiofficial/status/1781549973181473...
Umuziki wo kuramya wungutse itsinda rishya ! Alicia na Germaine bashyize hanze indirimbo bise ‘URUFATIRO’- VIDEO

Umuziki wo kuramya wungutse itsinda rishya ! Alicia na Germaine bashyize hanze indirimbo bise ‘URUFATIRO’- VIDEO

Imyidagaduro, Iyobokamana
Abakobwa babiri babanyempano bakaba bashya muri muzika yo kuramya no guhimbaza Imana, bashyize hanze amashusho y'indirimbo yabo ya Mbere bise 'URUFATIRO'.Ni abakobwa bavukana bo mu Karere ka Rubavu ari naho batuye. Iri tsinda rigizwe na Ufitimana Alicia ari nawe mukuru, akaba ari umunyeshuri muri Kaminuza Nkuru y'u Rwanda Ishami rya Huye aho yiga 'Ubuganga'.Undi bahuriye muri iri tsinda ni Ufitimana Germaine akaba ari we muto kuri mugenzi we.Germaine yiga mu mwaka wa Kane w'Amashuri yisumbuye mu Ishami ry'Indimi n'Ubuvanganzo ku kigo cya Groupe Notre Dame d'Afrique de Nyundo mu Karere ka Rubavu. Aba bakobwa bombi bemeza ko bakuze bakunda kuririmba.Ufitimana Alicia yagize ati:"Turi itsinda turaririmba , turirimba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.Turamya Imana binyuze mu ndirimb...
Umuramyi Christina Shusho yavuze impamvu atajya yemera ko abantu bamwita Pasiteri

Umuramyi Christina Shusho yavuze impamvu atajya yemera ko abantu bamwita Pasiteri

Imyidagaduro, Iyobokamana
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Inana Christina Shusho yavuze impamvu yamuteye gusaba umugabo we gatanya , anagaragaza ko atajya yishimira ko abantu bamuhamagara Pasiteri. Christina Shusho, umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu guhugu cya Kenya, ukundwa n’abatari bake kubera indirimbo ze kugeza bamwe bamwise ‘Pasiterikazi’, yahishuye ko atajya abikunda.Uyu mugore yagaragaje ko yasabye gatanya n’umugabo we kuko ngo n’ubwo bakundanaga ariko ko bari bafite imihamagaro itandukanye. Yagaragaje ko yagize amahitamo kuva kera ndetse umutima we ukajya uhora ubimuhatira.Yagize ati:”Ku bwanjye mfite umutima utekanye rwose.Ntabwo nigeze mba umunyabinyoma kuko sinjya mbeshya.Kuri njye ni igeragezwa kandi nta gitandukanye n’icyo.Igerageza Imana yari yarampaye n...
Meddy wiyeguriye Imana akomeje gukora ku mitima ya benshi

Meddy wiyeguriye Imana akomeje gukora ku mitima ya benshi

Imyidagaduro, Iyobokamana
Umuhanzi Ngabo Medard yagaragaje umurimo w’Imana ariwo ashyize imbere nk’uko yiyemeje kuzagira abo azanira Yesu. Ku wa Gatatu tariki, 10 Mata 2024, Umuhanzi Ngabo Medard yashyize hanze ifoto  afashe gitari asa n’urimo gucuranga ari kuramya.Uyu muhanzi  utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yari yuzuye amarangamutima menshi cyane.Munsi y’iyi foto , yarengejeho amagambo agira ati:”Ndikumva indirimo zitandukanye.Gutaramira Yesu hamwe na Dallas Christian Proffessionals Fellowship.Byari ibyishimo hamwe na Dallas Christian Proffessionals Fellowship”. Meddy, kuva yatangira umurimo wo kuramya no guhimbaza Imana avuye mu ndirimbo zisanzwe zafashaga benshi kwegerana n’abakunzi babo, ntabwo ajya atandukana no gushyira kumbuga Nkoranyambaga ze amagambo yuzuye ubuhamya bw’Ijambo ry’Imana n’ama...
#Kwibuka30: Itorero rya ADEPR ryifatanyije n’Abanyarwanda

#Kwibuka30: Itorero rya ADEPR ryifatanyije n’Abanyarwanda

Inkuru Nyamukuru, Iyobokamana
Itorero rya ADEPR mu Rwanda ryifatanyije n'Abanyarwanda bose muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Babinyujije kuri kumbuga nkoranyambaga zabo, ADEPR bagaragaje ko iri torere rikomeje umurimo waryo wo guhindura ubuzima bw'abantu mu buryo bwuzuye bifashishije ubutumwa bwiza bwa Yesu Kirisitu. Baguze bati:"Itorero ADEPR ryifatanyije n’Abanyarwanda bose kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Itorero rikomeje urugendo rwo guhindura ubuzima bw’abantu mu buryo bwuzuye hifashishijwe Ubutumwa Bwiza bwa Yesu Kristo. Twibuke Twiyubaka. #kwibuka30". Ubusanzwe iri Torero rivuga ko intego yaryo ari uguhindurira abantu ubuzima mu buryo bw'umwuka , babwiriza ubutumwa bwa Yesu Kirisitu. https://twitter.com/adeprrwanda/status/1777033753539309603?t=2y...
Theo Bosebabireba yamaganye abapfobya Jenoside bagendereye indonke

Theo Bosebabireba yamaganye abapfobya Jenoside bagendereye indonke

Imyidagaduro, Iyobokamana
Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Theo Bosebabireba, yashyize hanze indirimbo yise 'Ntumpeho' irimo ubutumwa bugaragaza ko atifuza kurya ku by'umuntu upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Theo Bosebabireba atangira aririmba ati:" Niba upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda , sindimo , ntumpeho.Niba ufite ingengabitekerezo yayo , sindimo , ntumpeho. Wasanga uhishira n'abayikoze, njye sindimo , ntumpeho. Jonoside nimbi hari abo yagize inshike, Jenoside nimbi hari abo yagize impfubyi, Jenoside nimbi , ntikongere kubaho". Theo Bosebabireba, yakomeje agira ati:" Abakoze Jenoside bakwiriye kwigaya, abakoze Jenoside bakwiriye kwicuza, abakoze Jenoside bakwiriye kwihana.Hari imiryango yazimye burundu, Hari abafite ubumuga basigiwe nayo.Hirya no hino mu Rwanda har...