Friday, May 10
Shadow

AMAKURU KU RWANDA

MUSANZE: Inkangu yahitanye umugore abana be bararusimbuka

MUSANZE: Inkangu yahitanye umugore abana be bararusimbuka

AMAKURU KU RWANDA
Imvura yaguye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024 , yangije byinshi birimo no gutwara ubuzima bw'umuntu mu Mudugudu wa Rugali , mu Kagali ka Kamisave mu Murenge wa Remera ho mu Karere ka Musanze. Iyi mvura yatumye habaho inkangu ikomeye , umukingo ugwira inzu ya Kuradusenge Evariste.Iyi nzu yagushijwe n'inkangu yahise yica umugore we Bamporeye Constantine dore ko abaturanyi batabaye ariko bagasanga imaze ku mwica bagakuramo abana babiri bakomeretse bikomeye undi bagasanga ntacyo yabaye. Umwe muri aba baturage yagize ati:"Imvura yamutembanye yaguye Saa Sita z'Ijoro, mu kuvuga ko yapfuye, uwamutabaye ni umuturanyi we w'inyuma bigeze saa saba z'ijoro yumva ijwi ritabaza ariko ahageze asanga yamuretse". Umugabo we Kuradusenge Evariste we ntabwo yari ahari kuko as...
Kino Yves yatewe ishema n’aho yugamye imvura agatungurwa n’abana bakoraga umukoro mu mvura

Kino Yves yatewe ishema n’aho yugamye imvura agatungurwa n’abana bakoraga umukoro mu mvura

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Umufaransa uri gutembera u Rwanda akoresheje igare yatangajwe cyane n'abana basubiramo amasomo yabo bagakora umukoro wo mu rugo bakiva ku ishuri. Kino Yves , yakunze kugaragara cyane mu itangazamakuru nyuma y'aho agereye mu Rwanda avuye muri Uganda.Uyu muzungu wiyemeje kuzenguruka Isi nk'uko imbuga nkoranyambaga ze zibigaragaza, ubwo yafataga urugendo rumwerekeza ku mupaka w'u Rwanda na Tanzania [ Rudumo ] imvura yamufatiye mu nzira aparika igare arugama. Ni ahantu yagombaga gukoresha ibirometero 80 [ 80Km] kugira ngo agere ku mupaka w'u Rwanda na Tanzania.Muri uru rugendo yahuye n'abantu batandukanye agenda yiga amagambo mashya.Muri uru rugendo Kino yahuye n'Abanyarwanda benshi by'umwihariko abasore n'inkumi batwara igare ariko bagatangazwa cyane n'iryo yari atwaye. Mu rugend...
RULINDO: Umugabo w’imyaka 85 yicukuriye imva azashyingurwamo

RULINDO: Umugabo w’imyaka 85 yicukuriye imva azashyingurwamo

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Umugabo wo mu Karere ka Rulindo, yavuze ko mu rwego rwo kwanga kurushya abazamushyingura napfa , yahisemo kuyicukura akiri muzima kugira ngo bazaterure bashyiramo gusa.Uyu mugabo yatunguye benshi kuko ibyo yakoze bidasanzwe i Rwanda. Uyu mugabo ugeze muzamukuru witwa Hakizinshuti Claude w’imyaka 85 y’amavuko utuye mu Murenge wa Cyungo, Akagari ka Rwiri ho mu Karere ka Rulindo , yafashe umwanya yicukurira imva yo kuzashyingurwamo naba yapfuye.Yavuze ko gukora ibi ari ukugira ngo atazarushya abazamushyingura kuko afite abagore babiri n’abana 15. Hakizinshuti Claude yabwiye TV1 ko imyaka amaze ariyo myinshi kurenza iyo asigaje.Yagize ati:”Ubu nsigaje imyaka ibiri cyangwa itatu, itanu , nahisemo kubaka iyo mva ndayicukura ,nshyiraho amatafari byose birahari”.Ku bantu bavuga ko ashobora kuba ...
RUBAVU: Abarobyi bavuze ko isambaza zibatera ubushyuhe basaba kwegerezwa udukingirizo

RUBAVU: Abarobyi bavuze ko isambaza zibatera ubushyuhe basaba kwegerezwa udukingirizo

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Bamwe mu bakora uburobyi bw'isambaza bavuze ko kubera kuzirya cyane zibatera ubushyuhe [Ubushske bwo gutera akabariro] bityo bakaba bifuza ko bakwegerezwa udukingirizo ngo kubera ko ubwandu bwa Virus itera SIDA muri aka gace bwafashe indi ntera. Abakora uburobyi bavuga ko muri aka gace batuyemo virus Itera SIDA yafashe Indi ntera ku buryo ngo umaze kurya ku isambaza ahita ashaka gukora imibonano mpuzabitsina ibi bikaba bibahangayikishije. Umwe yagize ati:"Udusambaza tukiva mu Kivu nyine dutera ubushyuhe.Ubwo ni ukuvuga ko bariya bantu baba hariya ku kivu , ni ukubongerera bakagira udukingirizo kuko umubiri ni ikindi kintu.Umubiri ufatwa mu buryo butateganyijwe , hakabaho udukingirizo hakaba n'ubukangurambaga bwinshi kugira ngo bashobore nabo kwirinda". Undi ati:"Iyo bomotse mu git...
NYANZA: Umusore yasanzwe aryamanye n’igiti yapfuye

NYANZA: Umusore yasanzwe aryamanye n’igiti yapfuye

AMAKURU KU RWANDA
Mu kagari ka Kavumu , Umurenge wa Busasamana ho mu Karere ka Nyanza, hari umusore wasanzwe aryamanye n’igiti yapfuye nk’uko ikinyamakuru Umuseke dukesha iyi nkuru kibitangaza. Amakuru avuga ko mu masaha ya Saa Moya n’igice za ni mugoroba ko hari umugabo wari mu rugendo noneho abona uwitwa Hakizimana Francois bakunze kwita Mukadafu uri mu kigero cy’imyaka 23 y’amavuko.Amakuru avuga ko kandi nyakwigendera yari asanzwe akora akazi ko mu rugo. Uwahaye amakuru Ikinyamakuru Umuseke, yavuze ko nyakwigendera yari aryamye iruhande rw’igiti , nta gikomere afite. Amwe mu makuru atangwa n’abaturage nayo avuga ko mu masaha ya saa Tatu nyakwigera yari mu kabari anywa inzoga.Uyu musore wari ukiri ingaragu avuka mu Karere ka Nyanza , mu Murenge wa Nyagisozi , mu Kagari ka Kirambi mu Mudugudu wa G...
NGOMA: Ikamyo yari ipakiye ibigori yakoze impanuka ihitana abantu

NGOMA: Ikamyo yari ipakiye ibigori yakoze impanuka ihitana abantu

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Mu karere ka Ngoma habereye impanuka y’imodoka yari ipakiye ibigori.Iyi mpanuka yabereye ahitwa Rukumberi mu Karere ka Ngoma yerekeza mu Karere ka Rwamagana nk’uko IGIHE cyabitangaje.Batatu bari muri iyi kamyo bahise bapfa. Ni impanuka ikomeye yabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Mata 2024, igwamo  umwana w’umuhungu na se n’undi wari uyibereye Kigingi.Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazubwa Bwana SP Hamdun Twizeyimana yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iyi mpanuka ishobora kuba yaratewe n’umuvuduko mwinshi.Yagize ati: Urebye ushobora gusanga yaratewe n’umuvuduko mwinshi, aho yabereye ni ahantu hasa nk’ahamanuka, kandi hari iteme, iryo teme barimo bararikora urebye umushoferi asa nk’uwananiwe kuringaniza umuvuduko  bitewe n’uko yamanutse haraguru n’ukuntu yari apakiye aho guca ku i...
RIB yataye muri yombi abatangaga imiti yo kubeshya bavuga ko bagaruza ibyibwe

RIB yataye muri yombi abatangaga imiti yo kubeshya bavuga ko bagaruza ibyibwe

AMAKURU KU RWANDA
Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, Urwego rw’Igihugu rw’Ubenzacyaha, RIB , rweretse itangazamakuru abagabo batatu bigira abapfumu n’abavuzi gakondo bagamije kwiba abaturage. Muri aba bagabo batatu harimo , ufite ubwenegihugu bwo muri Congo Kinshasa.Abatawe muri yombi ni Kayitare Joseph w’imyaka 44, Muhajir Kitara Innocent wafatanywe inzoka yo mu bwoko bwa Cobra akaba ari uwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Mazimpaka Bernard. Urwego rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko iyo nzoka yo mu bwoko bwa Cobra n’akanyamasyo byahawe Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, ngo iyo nzoka ikaba yaravuye ku kirwa cya Ijwi.Aba bakurikiranyweho ibyaha bitandatu birimo; Gutunga, kugura inyamaswa yo mu gasozi n’ibindi byaha bibiri bibishamikiyeho, gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no ...
Burera: Uruhinja rukivuga rwatoraguwe mu gihuru rwapfuye

Burera: Uruhinja rukivuga rwatoraguwe mu gihuru rwapfuye

AMAKURU KU RWANDA
Uruhinja rwatoraguwe mu Karere ka Burera , Umurenge wa Gitovu, Akagari ka Musasa.Umurambo w'uyu mwana wabonetse kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Mata muri aka Kagari ubonywe n'abakoraga imirwanyasuri. Nsengimana Aloys , Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gitovu yemeje aya makuru ariko avuga ko batari bamenya uwataye uwo mwana w'uruhinja.Ati:" Ni umurambo w'Uruhinja byagaragaye ko ukivuka. Amakuru yamenyekanye ubwo abaturage bacu bari mu gikorwa cyo kurwanya isuri mu ishyamba basanga hari uruhinja rwajugunywe mu guhuru baradutabaza. "Twihutiye gutabara ,duhamagara RIB na Police bahita bahagera, umurambo w'uwo mwana wari ufubitse mu myenda wajyanywe mu Bitaro bya Butaro gukorerwa isuzuma ariko nta muntu bakeka muri ako gace waba yihekuye.Gusa ku bufatanye n'inzego z'umutekano duko...
BNR yaburiye abakomeje gushora imari muri SST

BNR yaburiye abakomeje gushora imari muri SST

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
BNR , Banki Nkuru y'Igihugu cy'u Rwanda yaburiye Abaturarwanda bakomeje kwishora mu bucuruzi bukorwa na Campany izwi nka STT ( SuperFree to Trade). BNR yagaragaje iyi Campany nk'itemewe gukora ubucuruzi bw'amafaranga dore ko yatangiye gukorera ubucuruzi mu Rwanda mu ntangiriro z'uyu mwaka. Abashoyemo anafaranga bavuga ko babona inyungu buri munsi bitewe n'ayo bashyizemo.Iyi Campany yagiye ihera ku mafaranga nk'ibihumbi 30 by'amafaranga y'u Rwanda , 100,000 RWF 300,000 RWF kuzamura. Yagiye isezeranya ibitangaza abayirimo, birimo gushaka abantu byibura 15 bashoramo anafaranga bakwinjiriyejo bakabemerera kujya gusura no gufasha abantu runaka ku mafaranga yabo, ndetse no kujya gusangirira abantu fagitire bakayishyura nk'uko uyisanzwe yabisobanuriye UMUNSI.COM. BNR inyuze kuri X yag...
Kazungu Denis yakatiwe gufungwa burundu

Kazungu Denis yakatiwe gufungwa burundu

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Kazungu Denis gufungwa burundu.Yari amaze igihe aburana ku byaha by’ubwicanyi nawe yiyemerera ariko agasaba imbabazi. Kazungu Denis yari akurikiranyweho ibyaha bigera kuri 14 birimo icy’ubwicanyi buturutse ku bushake n’iyica rubozo.Uru rubanza rwakaswe  nyuma y’uko rwari rwigeze gusubikwa inshuro zigera kuri 3.Ubwo iburanisha ryabaga , Me Faustin Murangwa waburaniraga Kazungu Denis yasabye Urukiko kuzaca inkoni izamba rugahanisha umukiriya we [Kazungu Denis] igihano gito kuko yemeraga ibyaha aregwa kandi akaba aaba imbabazi. Kazungu Denis yaregwaga ibyaha bitandukanye birimo n’ubwicanyi yakoreye abantu bagera kuri 14 bose, gusambanya umugore ku ngufu ,n’ibindi.Mu Kwakira 2023, nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaregeye Kazungu Denis...