Barack Obama, wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ntabwo yamenyekanye gusa kubera imirimo myiza yakoze ari umuyobozi, ahubwo yanakunzwe cyane n’abantu batandukanye barimo n’abasitari. Hari bamwe mu basitari bazwi bemera ko mu ba perezida bose bayoboye Amerika, bakunda Barack Obama cyane.
Beyoncé, Umuhanzikazi Beyoncé na we yemeye ko akunda Obama mu buryo bukomeye. Yaririmbye indirimbo ‘At Last’ mu muhango wo kurahirira kwa Obama mu mwaka wa 2009, igikorwa cyakoze ku mitima ya benshi. Beyoncé yagiye avuga kenshi uburyo Obama ari urugero rwiza ku rubyiruko, cyane cyane ku bakobwa, kubera uburyo yaharaniraga urugero rwabo.
George Clooney, Umukinnyi wa filime , ndetse ni umwe mu basitari bamenyekanye cyane mu ruhando rwa sinema, na we yavuze ko akunda Obama. Clooney yavuze ko akunda cyane imiyoborere ya Obama n’uburyo abona yateje imbere ibintu by’ingenzi nk’uburezi, ubuzima, n’umutekano w’abaturage. Clooney yakomeje avuga ko Obama ari umuyobozi utanga icyizere kandi wubaka ubumwe mu bantu.
Barack Obama yakomeje kugenda akundwa n’abantu batandukanye kubera imico ye myiza, ubushishozi, n’uburyo yitwara mu buzima bwa buri munsi. Abasitari benshi bamubonamo urugero rwiza rw’umuyobozi kandi bemeza ko bakunda uburyo akunda abantu kandi akaba ari umuntu uhamye mu byo akora byose.