“Yamwishushanyijeho” ! Bruce Melodie yifurije umukobwa we isabukuru nziza y’amavuko

12/05/2023 08:35

Umuhanzi Bruce Melodie, yifatanyije n’umukobwa we w’imfura amwifuriza isabukuru y’amavuko nk’uko yabyerekanye kuri Konti ye ya Instagram.

Uyu mukobwa wa Bruce Melodie witwa Itahiwacu Britta wizihije isabukuru y’amavuko yavutse tariki 12 Gicurasi mu 2015.

Nk’uko byagaragajwe na Papa we umubyara Britta ni umukobwa wishima ndetse agahora urukundo rwa se na mama we.Bruce Melodie yashyize hanze amashusho agaragaza uburyo bombi bari banezerewe , bushimanye , baseka.

Muri ibi bihe byagaragaye muri aya mashusho harimo; igihe. Britta yakiraga se , igihe ari gucuranga gitari , bari kwifotozanya, ishusho ye kukaboko ka se , ndetse n’ibindi.

Bruce yagize ati:” 12th May 2015, Imana impane umugisha n’uyu mu malayika mwiza uhebuje.Yagize imyaka 8 y’amavuko , mu mfashe tumwifurije isabukuru nziza y’amavuko kuri we , Ndagukunda mukobwa wanjye mwiza”.

Bamwe mubifatanyije nawe hari Jojo Breez ndetse na Senga Oliver wavuze ko Bruce Melodie yibyaye cyane ati:” Umvako bapima ADN , hano ntibakwiriza bangiza ibyuma byabo kbsa.Wari byaye neza”.
https://www.instagram.com/reel/CsHpOphAPry/?igshid=NjZiM2M3MzIxNA==

Advertising

Previous Story

Umugore w’imyaka 42 yasanzwe mu rugo yapfuye harakekwa abajura

Next Story

Afurika y’Epfo yamaganye ibirego biyishinja kohereza intwaro mu Burusiya

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop