Urwango rwari Hagati ya Zari Hassan na Fantana wasomanye na Diamond Platnumz rwaburijwemo

01/12/2023 09:51

Zari Hassan na Fantana bagiye kongera kuganirira kumeza amwe mu gitaramo cya White Party nyuma y’igihe badacana uwaka.

Umunyamakuru Fantana ubwo yari mu kiganiro cya Young Famous African Reality Show yari yatumiyemo Diamond Platnumz barasomanye biba ibibazo , nyuma y’aho , amakuru avuga ko na mbere, hagati ye na Zari hari urwango kuko Zari yabanye na Diamond Plantnumz.

Ni intambara yatejwe nuko Fantana yatangaje ko Zari yivanze mu mubano we na Diamond Platnumz.

Nyuma y’igihe bamaranye muri Afurika y’Epfo, aho bari kumwe na Diamond, Zuchu na Shakib Lutaaya, mu ifatwa ry’amashusho ya Young Famous African Reality Show igice cya 3 kizageragaramo Diamond na Zuchu, nibwo aba bombi baboneyeho kwiyunga.

Anyuze kuri Instagram ye Zari uri mu myiteguro yo kwamamaza igitaramo cye cya All White Party, yagaragaje ko Fantana ari umwe mu bazitabira iki gitaramo.

Zari Hassan yagize ati:” East Africa mu meze mute ? Muriteguye ? Ibintu bigiye guhindura isura. Mufore ninde uzitabira iki gitaramo cya Zariallwhiteparty tariki 16 Ukuboza 2023.Yego, ntawundi atari Fantana”.

 

Benshi bishimiye Zari wabashije gutumira uyu mukobwa nyamara bafitanye urwango.

Advertising

Previous Story

Umugore wa Meddy yavuze amagambo akomeye ashimangira ko akunda umwana babyaranye

Next Story

Umugabo arashinjwa gutema mu mutwe mugenzi we wamutwariye umugore ubwo yari afunzwe

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop