Umugore wa Meddy yavuze amagambo akomeye ashimangira ko akunda umwana babyaranye

01/12/2023 08:04

Mimi Ali Ngabo nk’uko yiyita kuri Konti ye ya Instagram yanyuzeho atanga ubutumwa, yavuze ko akunda umwana we yabyaranye na Meddy ashimangira ko yamuhinduriye ubuzima.

 

Meddy na Mimi bakoze ubukwe tariki 22 Gicurasi 2021, mu bukwe budasanzwe bwabereye muri Amerika i Dallas bukitabirwa n’ibyamamare muri muzika Nyarwanda harimo ; The Ben, K8 Kavuyo, Emmy , Adrien Misigaro, King James wari waturutse i Kigali n’abandi.

 

Nyuma y’ubukwe bwabo , bakomeje kwerekana urukundo birengagiza amagambo yavugwa ko bagize gushyamirana.Uko bukeye nuko bwije niko bagerageza gushyira hanze ibihe byabo byiza , nk’uko Mimi yabize agaruka ku mwana babyaranye.

Anyuze kumbuga nkoranyambaga ze yifashishije ifoto ye n’umwana we agira ati:”Umutima wanjye muto , mbega ukuntu wampinduriye ubuzima, mwana wanjye”.

Abanyuze mu hatangirwa ibitekerezo bavuze uburyo abagore ari intwari bashingiye ku rukundo Mimi akunda umuryango we.

Advertising

Previous Story

Bruce Melodie yatangaje ko yifuza gukorana indirimbo na Juliana Kanyomozi

Next Story

Urwango rwari Hagati ya Zari Hassan na Fantana wasomanye na Diamond Platnumz rwaburijwemo

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop