Umuhanzikazi Clemmy Umuana na Danny Vumbi bagiye gutaramira muri Afro Bistro i Musanze

26/10/2023 14:58

Umuhanzikazi Clemmy Umuana na Danny Vumbi bagiye gutaramira muri Afro Bistro i Musanze

 

Umuhanzikazi uri mu bagezweho mu Karere ka Musanze agiye guhurira ku rubyiniro rumwe na Danny Vumbi muri Afro Bistro iherereye mu Karere ka Musanze ahahoze hitwa Africana.Ni igitaramo kizaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukwakira 2023.

 

Ni igitaramo kizaba nyuma y’umuganda ngaruka kwezi , uzaba ku wa Gatandatu tariki 28 Ukwakira 2023.Iki gitaramo kizaba kirimo udushya dutandukanye turimo amafunguro ariyo ; Ukuguru kw’Ihene kuzaba kuri kugura ibihumbi 15 RWF , Ukuboko kw’Ihene ku bihumbi 10 RWF , Inkoko y’ibihumbi 15 RWF , Ifi y’ibihumbi 15 RWF, Igi rigura ibihumbi 2.500 Rwf , Piece y’inkoko kuri 5000 Rwf ndetse n’umuceri w’Ipirawu ku bihumbi 20 Rwf gusa ugasangirwa n’abantu 5.

Urupapuro rw’ubutumire

Ubwo yatumiraga abafana be , Clemmy Umuana, yagize ati:” Amahoro ! nishimiye kubatumira ku wa Gatandatu nyuma y’umuganda kuri Afro Bistro. muzazane n’imiryango yanyu nzabatecyera😋 Tuzabaririmbira 🎶 🎙️ Guhera samunane. Kwinjira n’ubuntu😍 Tanga comande hakiri kare y’ibyo mwifuza kuzarya”.

Clemmy Umuana

 

Uramutse ushaka amakuru yisumbuye cyangwa ukaba ushaka gutanga komande wanyura kuri numero; 0785245995 na 0788212126.

Umuhanzi Danny Vumbi

Biteganyijwe ko iki gitaramo kizaba guhera i Saa munane z’amanywa 2PM, kuri Afro Bistro mu Karere ka Musanze.

Clemmy yavuze ko azanatekera abafana

Advertising

Previous Story

Ni irihe somo Abanyarwandakazi bakwigira ku munyamakurukazi MUTESI SCOVIA ! Ku myaka 2 irashize Mama Uwagasabo TV ibayeho

Next Story

Umugore ukuze yagaragaye avuga ko nta rukundo rukibaho, ngo nta mugabo ugikunda umugore umwe

Latest from Imyidagaduro

Go toTop