Advertising

Umugabo wa Rihanna yatangaje ikintu gikomeye afata nk’umushinga yakoranye n’umugore we

11/20/23 17:1 PM
1 min read

Umuraperi A$AP Rocky wamamaye mu ndirimbo “I Smoked Away My Brain” , yatangaje ko nta mpamvu yo gutekereza ku ndirimbo ashobora gukorana na Rihanna ahishura ko ibyari bikomeye bakoranye ari ukubyarana.

 

Rihanna na Rocky bafitanye umwana witwa RZA ufite amezi 18 , na Riot w’amezi 3 gusa. Aba bombi , Rihanna na A$AP ngo nta mpamvu yo gutekereza indirimbo nk’uko byemejwe n’uyu mugabo ubwo yaganiraga n’itangazamakuru.

 

Ubwo yabazwaga niba we n’umugore bashobora kuzisanga mu mushinga w’indirimbo, Rocky yagize ati:” Ese ni iki kindi twakorera hamwe kikaturyohera ?. Njye ntekereza ko twakoze akazi gakomeye , tugafatanya umushinga udasanzwe hanyuma tukabyarana abana.

 

“Njye ntekereza ko uwo ari wo mushinga wacu udasanzwe kandi ntakiwuruta”.

 

Rocky yemeje ko kuba bafitanye abana 2 aribyo bintu bikomeye bakoze mu mubano wabo bikaba biruta no kuba bakorana indirimbo

 

Mu minsi yashize , Rihanna na A$AP Rocky bavuzweho gutandukana kubera uburyo bitwaraga aho buri wese yacaga ukwe, kugeza ubwo bigaragaye ko Rihanna atigeze aherekeza umugabo we mu rubanza.

Sponsored

Go toTop