Nyuma yo kuva mu butinganyi Jojo Siwa yatangaje umubare w’abo yifuza kubyara

by
21/07/2024 21:10

Jojo Siwa wavuzwe ho kuba umwe mu baryamana bahuje ibitsina muri 2021, kuri ubu yatangaje ko afite gahunda yo kuba umubyeyi agahesha ababyeyi be n’inshuti ze ishema akanubahisha Imana.

Muri uku kugaragaza ko yifuza kuba umubyeyi, umwaka washize Jojo Siwa yabwiye Daily Mail ko arambiwe kubaho ubuzima butagira intego agaragaza ko ashaka abana ndetse anatangaza amazina yabo.

Aganira na Cosmopolitan , Siwa yavuze ko adashaka umwana umwe, cyangwa babiri ahubwo ko ashaka batatu. Aha yari  yavuze ko ashaka abazamutwitira [ Surrogacy ].Ati:”Kubera ko ndi Umutinganyi, mfite gahunda yo kubyara mu buryo butandukanye . Ndashaka gufata amagi 3 nkashaka n’abagore  3 bantwitira”.

Yakomeje agira ati:”Bizaba bidasanzwe ariko abana bazavuka batandukanye.Amatariki y’amasabukuru azaba atandukanye ariko bameze nk’impanga.Aba bana ndashaka kuzabita ; Freddy ,Eddie na Teddy”.

Jojo Siwa w’imyaka 21 wamamaye muri muzika avuga ko ku mubiri we hariho Tattoo 3 zigaragaza abo bana yifuza ku byara.

 

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Previous Story

Umusore w’imyaka 17 yishwe ari gukiza umugabo wakubitaga umukunzi we yafashe ari kumuca inyuma

Next Story

Nick Jonas yatunguye Priyanka Chopra ku isabukuru ye y’amavuko

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop