Diamond Platnumz nyuma yo kwishimana n’abana be , bageze igihe cyo gutaha banga kujyana na Nyina wari ubategereje.
Â
Â
Princess Tiffah na Nillah , abana Diamond Platnumz yabyaranye na Zari Hassan bagiranye ibihe byiza na Se ndetse bamwereka ko ari abahanga mu rwego rwo hejuru binyuze mu mibare bakubye vuba vuba ntaho babanje kurebera.
Â
Â
Ababana , bagaragaje ko bakunda se cyane , batangiranye umunsi , ubwo se yari agiye gufata amashusho y’indirimbo nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu yabanje ubwo bavugaga ko Se [ Diamond Platnumz ], ariwe mukire wa Mbere bazi bataka Isaha ye , imodoka ye ndetse n’uburyo afite imikufi ihenze.
Â
Â
Uko amasaha yagiye azamuka niko abana bakomeje kuba inshuti na Se cyane , kuburyo byageze igihe cyo gutaha bakanga kuva hamwe na we na cyane ko yari yabasuye muri Afurika y’Epfo.
Â
Diamond ajya gusezera abana be bakemera , yababwiye ko azabazana mu Mujyi wa Kigali mu gitaramo cya Trace Awards and Festival giteganyijwe muri Weekend [Iminsi isoza icyumweru].
Â

Â