Monday, May 20
Shadow

AMAKURU KU RWANDA

Kirehe: Barataka urugomo bakorerwa n’umusore wakatiwe n’inkiko ariko ntiyafungwa

Kirehe: Barataka urugomo bakorerwa n’umusore wakatiwe n’inkiko ariko ntiyafungwa

AMAKURU KU RWANDA
Umusore utuye mu karere ka Kirehe avugwaho gukubita abaturage Kandi yarakatiwe nta fungwe mu gihe we ahamya ko ibikorwa by'urugomo abiterwa no gusinda cyane. Abaturage batuye mu Murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe, bavuga ko umusore wakatiwe n'inkiko gufungwa imyaka 3 kubera gukubita no gukomeretsa abantu, abangamiye umudendezo w'abaturage ariko akaba atajyanwa mu igororero, akomeje ibikorwa by'urugomo.   Uyu musore witwa Mutijima Gaston mu minsi yashize yakatiwe n'inkiko gufungwa imyaka 3 akatirwa n'urukiko rw'ibanze rwa Nyarubuye ariko ntiyafungwa. Uwitwa Hirwa Emile mu mudugudu wa Mutwe mu kagari ka Nasho muri uyu murenge wa Mpanga, yabwiye RadioTV10 ducyesha iyi nkuru ko mu mpera z'umwaka ushize wa 2022 uyu musore yamukubise ubwo yamusanganga akiza abari bari kurwana...
Bugesera : Abana bakora umwuga w’uburaya biyise ‘Sunika simbabara’ bagiye gukurikiranwa

Bugesera : Abana bakora umwuga w’uburaya biyise ‘Sunika simbabara’ bagiye gukurikiranwa

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatangaje ko bugiye gukurikirana ikibazo cy’abana bari hagati y’imyaka 12 na 16 bishoboye mu mwuga w’uburaya bakayita ‘Sunika simbabara’ bwasanga koko aba bana bahari bukabaganiriza ababasambanya nabo bagakurikiranwa.   Ibi byatangajwe mu Ntangiriro z’iki cyumweru aho ubuyobozi bw’aka Karere bwaganiraga n’itangazamakuru aho basobanuraga icyumweru cyahariwe ubutaka  ndetse hakanagarukwa kubuzima rusange bw’Akarere ka Bugesera.   Muri iki kiganiro, umwe mu banyamakuru , yabajije ubuyobozi bw’Akarere icyo bwenda gukora kukibazo cy’abana bari hagati y’imyaka 12 na 16 bakora umwuga w’uburaya biyise ‘Sunika Simbabara’.Aba bana ngo bagaragara mu Murenge wa Ririma, mu Kagari ka Kaneza, muri Santeri ya Riziyeri , aba bana kandi ngo bagaragara ...
Umugore wabyaye abana 5 yifashe amashusho agaragaza ko bamubangamira cyane

Umugore wabyaye abana 5 yifashe amashusho agaragaza ko bamubangamira cyane

AMAKURU KU RWANDA
Umugore wo mu gihugu cya Nigeria, wagiriwe umugisha w’Imana akabyara abana 5 , yagaragaje ko bakomeje kumubangamira bagatuma atagira ibindi akora.   Ubwo yari murugo , yagaragaje ingorane abantu bahura nazo mu gihe bafite abana benshi kuko ngo ntacyo babasha kwikorera avuga ko abana 5 ari benshi cyane.   Benshi bavuze ko ubwo yari abatwite yari yishimye ndetse yanababyara akishima gusa binubira ibikorwa bye n’amagambo yerekana ko amaze kubahaga.
Gicumbi : Umukobwa yihimuye k’umusore wamuteye inda amutwikana n’umugeni we nyuma y’ubukwe

Gicumbi : Umukobwa yihimuye k’umusore wamuteye inda amutwikana n’umugeni we nyuma y’ubukwe

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Umukobwa yatwitse umugabo wamuteye inda nyuma y’umunsi umwe gusa ari kumwe n’umugeni we bari bashakanye kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023.   Aya mahano yabereye mu Murenge wa Rugerero , Akagari ka Gashirira ho mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi mu masaha ya 7:30 z’ijoro.   Amakuru Igihe dukesha iyi nkuru ikesha abaturanyi babo , avuga ko umukobwa yagiye gusura umuso umusore w’imyaka 18 agezeyo asanga umuhungu yaraye ashatse undi mugore biramubabaza, asubira ku muhanda agura Lisanse, abatwikira aho bari baryamye barakomereka bikabije.   Amakuru avuga ko uyu mukobwa wakoze ibi yari atwite inda y’uyu musore wari waramusezeranyije ko azamutunga namara kubyara gusa yajya kumusura agasanga yaraye arongoye undi.   Ababibonye bavuze ko umugore n’umug...
TUGANIRE ! Byari bikwiye ko umunyempano nka Samusure asaba ubufasha ?

TUGANIRE ! Byari bikwiye ko umunyempano nka Samusure asaba ubufasha ?

AMAKURU KU RWANDA, Cinema
Iyi ni intero yateruwe na Radiyo/TV 10 mu kiganiro Zinduka.Benshi bati:"Kuki umukinnyi nka Samusure wamamaye mu Rwanda mu ruganda rwa Cinema agera aho asaba ubufasha ? Ese ni ikibazo cyo kutizigamira?" cyangwa muri Cinema ni ugutwika gusa".   Kubona umukinnyi wa Filime mu Rwanda arigukina neza, ibyo yakinnye bakabikunda cyangwa umubare w'ababireba ukazamuka , benshi batekereza ko aribyo bibaha amafaranga.   Muri make, kuba yamamaye benshi batekereza ko arinako umubare w'amafaranga yinjiza ungana.   Uwitwa Selemani Dukunde atanga igitekerezo kuri Radio na TV 10 yagize ati:"Gukena birashoboka cyane! kandi ntawe bitashyikira, kuko hari igihe usanga amafaranga [frws] winjiza ari make cyane kuyo usohora cyangwa wipashe muremure mu mibereho yawe. ahubwo we yabaye...
Uri imfura  muzindi ! Judithe Niyonizera akomeje gushimirwa umutima mwiza yeretse Samusure

Uri imfura muzindi ! Judithe Niyonizera akomeje gushimirwa umutima mwiza yeretse Samusure

AMAKURU KU RWANDA, Cinema, Inkuru Nyamukuru
Umugore wamamaye mu myidagaduro Nyarwanda , Niyonizera Judithe , akomeje gushimirwa umutima mwiza yeretse Samusure akamwishyurira ideni nk'uko byagiye bigarukwaho.   Nyuma yo kujya hanze kw'inkuru zivuga ko ariwe wishyuye ideni ryatumye Samusure ahunga , Judith yashize hanze ifoto kumbuga nkoranyambaga ze yandikaho amagambo agira ati:" Utagushima yaba yitwa nde, y'aba akomoka kwande ? Uko nzajya nibuka ineza yawe , nzajya ngushima".   Nyuma yo kwandika ayo magambo , benshi bamuhaye ibitekerezo, bagarutse kuri Samusure, bavuga ko urukundo bamukundaga rwahise rwiyongera.   Uwitwa Jean Peter yagize ati:" Sha urwo nagukundaga rwahise rwiyongera , kuva aho utabariye uriya musore Samusure. Sinzi impamvu numva ari wowe muntu wa Mbere numvise nkumva Roho yanjye iku...
Live : Stade ya Huye Amavubi agiye gutsindira ho Zimbabwe  iri kurimbishwa

Live : Stade ya Huye Amavubi agiye gutsindira ho Zimbabwe iri kurimbishwa

AMAKURU KU RWANDA, Imikino
Ikipe y'Amavubi n'ikipe ya Zimbabwe bigiye gukira kuri Stade ya Huye mu Mukino wo gushaka itike y'igikombe cy'Isi kizaba muri 2026.   Kuri ubu ikipe y'Igihugu Amavubi igiye gukina uyu mukino nyuma y'aho abakinnyi bayo bijeje itsinzi abafana bayo , badaheruka kuyibona itsinda.   Uyu munsi iyi kipe igiye gukina Zimbabwe mu gihe , umukino wa mbere ufungura itsinda , muri iyi mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'ISI.  
Ndashimira buri wese ! Miss Mutesi Jolly yiyifurije isabukuru nziza y’amavuko [ AMAFOTO ]

Ndashimira buri wese ! Miss Mutesi Jolly yiyifurije isabukuru nziza y’amavuko [ AMAFOTO ]

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Miss Rwanda 2016 Mutesi Jolly yashimiye buri umwe wese wagize uruhare mu iterambere rye ku munsi we w'amavuko. Mutesi Jolly abinyujije kumbuga nkoranyambaga ze yagaragaje ko yishimiye cyane intambwe yateye ashimira uwari we wese wamufashije kuzigeraho.   Mu magambo y'icyongereza Miss Mutesi Jolly yagize ati:" Kwizihiza undi mwaka ndi iruhande rw'Izuba mu buzima bwiza ndetse n'ibitekerezo nzima.Yibaye nagahisemo kuzongera kubikora , nagahisemo kuzaba njye nanone. Ndikunda kandi ntawundi ukenewe. Ndashimira abajyanama banjye banyemereye gukora amakosa nkayakuriramo". Miss Mutesi Jolly yakomeje ashimira , inshuti , indwanyikazi n'abandi bose bamubaye hafi mu buzima bwe bwa buri wese".   Mubamwifurije isabukuru nziza ku ikubitiro ni mugabo wa Knowless Ishimw...
Iri gukosha ! Ifi y’impamba ipima ibiro 30 irimo kugurishwa ibihumbi 50 mu Bugesera ( VIDEO )

Iri gukosha ! Ifi y’impamba ipima ibiro 30 irimo kugurishwa ibihumbi 50 mu Bugesera ( VIDEO )

AMAKURU KU RWANDA, Inkuru Nyamukuru
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023 nibwo hagaragaye Ifi yarobewe mu rugabano rwa Kigali na Bugesera mu Kagera iripima ibiro 30.   Nk'uko tubikesha umunyamakuru wacu wari uhibereye , Kwizera Enock , ngo iyi Fi yarobewe mu rugabano rwa Kigali n'Akarere ka Bugesera mu mugezi w'Akagera. Yagurishwaga amafaranga ibihumbi 50 by'Amafaranga y'u Rwanda [ 50,000 RWF ] dore ko ngo yarijyanywe ku Kicukiro kugurishirizwayo.Ubusanzwe aya mafi azwi nk'impamba ntabwo yarenzaga amafaranga ibihumbi icumi gusa iyi yagurishwaga ibihumbi 50 n'umugore uzwi nka Mama Elisa.  
Afite abana 12 ku bagore 3 ! Byinshi wamenya kuri Sebugabo Leonidas wavutse mu 1900

Afite abana 12 ku bagore 3 ! Byinshi wamenya kuri Sebugabo Leonidas wavutse mu 1900

AMAKURU KU RWANDA
Sebugabo Leonidas ni umusaza utye mu Karere ka Nyamagabe mu Murenge wa Cyanika , Akagari ka Nyanza.Uyu musaza afite ibyangombwa [Irangamuntu], bigaragaza ko yabonye izuha mu 1900, bivuze ko bibaye ari ukuri ariwe muntu waba akuze ku Isi.     Amakuru avuga ko umugabo ufatwa nkukuze kurusha abandi ku Isi yavuze mu 1907 , ibi bisobanuye ko Sebugabo amurusha imyaka 7 yose gusa akaba atarigeze ajya mu gitabo cyandikwamo abakuze ku Isi.Nk’uko byanditswe na Igihe.com, uyu musaza ntabwo abasha gutambuka batamusindagije ndetse n’ibirenge bye byarabyimbye.   Uretse kuba ari umusaza w’imvi nyinshi cyane, no biganiro bye humvikanamo amateka adasanzwe yo muri iyi myaka ku buryo uretse ibyangombwa bye , naya mateka yo mu bitabo ubwayo , agaragaza ko koko ari uwo muri 90...