TUGANIRE ! Byari bikwiye ko umunyempano nka Samusure asaba ubufasha ?

16/11/2023 09:41

Iyi ni intero yateruwe na Radiyo/TV 10 mu kiganiro Zinduka.Benshi bati:”Kuki umukinnyi nka Samusure wamamaye mu Rwanda mu ruganda rwa Cinema agera aho asaba ubufasha ? Ese ni ikibazo cyo kutizigamira?” cyangwa muri Cinema ni ugutwika gusa”.

 

Kubona umukinnyi wa Filime mu Rwanda arigukina neza, ibyo yakinnye bakabikunda cyangwa umubare w’ababireba ukazamuka , benshi batekereza ko aribyo bibaha amafaranga.

 

Muri make, kuba yamamaye benshi batekereza ko arinako umubare w’amafaranga yinjiza ungana.

 

Uwitwa Selemani Dukunde atanga igitekerezo kuri Radio na TV 10 yagize ati:”Gukena birashoboka cyane! kandi ntawe bitashyikira, kuko hari igihe usanga amafaranga [frws] winjiza ari make cyane kuyo usohora cyangwa wipashe muremure mu mibereho yawe. ahubwo we yabaye umugabo yemera ubukene bwe, abandi bahita barwara agahinda gakabije, bakaba baniyahura cyangwa bakanywa ibiyobyabwenge”.

 

Undi yavuze ko bitakwitwa ko yananiwe kwizigamira ahubwo agaragaza ko bishobora guterwa n’ibyo yakoraga inyungu akuramo. Musenge Malachie Ozil ati:”Ntago twavugako nta muco wo kwizigamira kuko ntituzi ( Uruganda) ‘industry’ abarizwamo ‘expenses’ ( Ayo asohora) byamutwaraga na ‘income’ ( Inyungu) byamuhaga wasanga rero kubw’urukundo rw’ibyo yakoraga yarakomeje ashora yizeyeko bizagaruka bikanga”.

 

Uwitwa David Tween Alph ati:” Nta cyomuzi muzamenya kandi nawe unnyamukwe abishaka ibyamubayeho bibabere isomo ijambo ngo ‘Isi ni gatebe gatoki’ nkubaze ari uwo mugani na samusure habanje iki kwisi?”.

 

Ese wowe, urabyumva ute ? Ese ni Cinema itarimo amafaranga cyangwa?

 

Advertising

Previous Story

Umukobwa ukora mu ndege yonkeje umwana w’umwe mu bagenzi wari yabuze amashereka abari mu ndege bamwita intwari

Next Story

Tiwa Savage wamamaye muri muzika yamennye ibanga amaranye imyaka myinshi

Latest from AMAKURU KU RWANDA

Live: Espanye vs Ubwongereza

Umukino ni uko urangiye. Espanye 2 kuri 1 cy’Ubwongereza. Bongereyeho iminota 3 y’inyongera. Mu mwanya muto Espanye iraba iri mu byishimo n’abafana bayo.Cole na
Go toTop