Byinshi ku ndirimbo ya The Ben n’umuvandimwe we Green P yamaze kurangira

28/01/2024 09:42

Green P na The Ben bahuriye mu ndirimbo imwe yamaze no kurangira mu majwi no mu mashusho.Iyi ndirimbo bakoranye ikazaba iri kuri EP ya Green P yitegura gushyira hanze mu kwezi kwa Werurwe 2024.Green P ukubutse i Dubai yatangaje ibi nyuma y’iminsi mike The Ben ashyize hanze ifoto y’umuvandimwe we Green P akarenzaho amagambo agira ati:”Ikinege cy’injyana. Love you madd”.

Nyuma y’ubu butumwa benshi bahise bamusaba ko yakorana indirimbo nawe.Hari uwagize ati:” Amaraso agiye kudutamo akantu.Undi mwakoze collable”.Oscar ati:” Kuva niga mu mwaka wa Mbere w’amashuri yisumbuye [ S1 ] ingoma za Green zari zaransajije umusaza ni ikinege kbsa.Gusa nagire aduhe ingoma nshyashya please”.Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto ya Green P The Ben yashyize hanze 85% bose basabye The Ben guha umuvandimwe we Collable bagakora.

Umunyamakuru ati:” Green P abakunzi bawe bifuza kubona indirimbo yawe ufatanyije n’umuvandimwe wawe The Ben birashoboka? “. Green P atazuyaje yagize ati:” Birashoboka cyane kuko byarakozwe ahubwo , ubu ngubu bategereze Video kuko kuri iyo EP yanjye hariho indirimbo ndi kumwe na Ben. Ni indirimbo y’urukundo iri classic nayo izasohoka muri uku kwa Gatatu izaba iri muri 7 ziri kuri EP yanjye”.

Muri iki kiganiro Green P yahishuye ko afite umukunzi uri mu Mujyi wa Kigali cyakora avuga ko isaha n’igihe by’ubukwe bwe atari yabiteganya.

Advertising

Previous Story

Green P yagize icyo atangaza kuri Album ya Tuff Gang irimo na Jay Polly

Next Story

U Rwanda ruzakira igikombe cya Afurika cya 2026

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop