Advertising

Bihisha itangazamkuru! Hamissa Mobeto watandukanye na Diamond Platnumz arimo guhatirizwa gukora ubukwe n’umukunzi we mushya Kevin Sowax

10/02/23 10:1 AM
1 min read

Hamissa Mobeto yavuze ko arimo kunyura mu bihe bigoye byo guhatirizwa gukora ubukwe n’umukunzi we mushya Kevin Sowax.

 

N’ubwo urukundo rwabo rukomeje kuba mu ibanga rikomeye , aba bombi nabo bakomeje kugaragaza ko bakundana cyane ndetse ko bafitanye ejo hazaza , gusa abantu bagahatiriza Hamissa Mobeto ko bakora ubukwe vuba na bwangu.

 

Tariki 28 Nzeri 2023 , amakuru yavuzwe ko Kevin yasuye uyu mugore mu ibanga ndetse n’itangazamakuru ntiryamenya uko byagenze.Nyuma y’uko abyo bibaye abantu bashyize ku gitutu Mobeto , bamubaza niba yaratandukanye nawe koko. Mu gutanga igisubizo, Mobeto yavuze ko ntakibazo afitanye n’umukunzi we ndetse abasezeranya amafoto n’ubwo atigeze ayashyira hanze.Yagize ati:” Yaransuye nagenda nzabaha amafoto”.

 

Hadaciye kabiri , Hamissa Mobeto yariseguye agaragaza ko yari ababajwe nuko asigaye wenyine , ati:” Narinsigaye njyenyine , rero ntabwo nashoboye gufata amafoto kuko narimbabaye cyane”.

 

Hamissa Mobeto ukundwa n’umuryango we cyane yumvikanye agira ati:” Njye ntabwo nigez nihutishwa n’ubukwe cyane mu buzima bwanjye. Ubukwe buragora buranababaza niyo mpamvu nahose nitonda.

 

Njye naremewe kwita kuburuzi bwanjye.Rero nimpura n’umugabo w’ubuzima bwanjye bw’ahazaza , ubwo nawe akizera ko yabonye umugore yifuzaga, azashyira ukuri kumeza”.

 

Uyu mugore w’abana 2 , yahoze yifuza umugabo umukunda cyane gusa ntajya ashyira imbaraga mukumushaka.Yagize ati:” Byose biba biri mu mugambi w’Imana, icyo yampitiyemo nicyo ngomba gutegereza.

 

Hamissa Mobeto usanzwe ari inshuti magaraga Wema Sepetu, yavuze ko nyina umubyara yamushimiye Kevin kubera uburyo yiyubaha.

Go toTop