Akeneye ubufasha bwa Miliyoni 8 RWF ! Mama Nick wamamaye muri Cinema Nyarwanda arembeye mu Bitaro

16/10/2023 17:46

Mukakamanzi Beata [Mama Nick], wamamaye muri City Maid  yasabye ubufasha bwo kwivuza nyuma y’impanuka ikomeye yakoze muri Werurwe uyu mwaka.

 

 

Ubwo uyu mubyeyi yari arimo kwivuza nibwo yahuye n’ibindi byago maze apfusha umwana wavuye mu mubiri mu kwezi kwa Gicurasi 2023.

 

 

Mama Nick usigaye andera mu mbago, iyi mpanuka yamusigiye ikibazo mu kaguru no mu rukenyerero ubu akaba akeneye Miliyoni 8 z’amafaranga y’u Rwanda  kugira ngo avurwe akire neza.

 

 

Umunyamakuru Murungi Sabin abinyujije kumbuga nkoranyambaga ze , yavuze ko Mama Nick yaraye mu Bitaro ,  yiteguye kubagwa kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukwakira 2023.

Yakomeje agira ati:”Kuri Telefone , Mama Nick ambwiye ko amaze kwakira amafaranga asaga Miliyoni 3.GofundME, imaze kujyaho hafi , 1800 USD.

 

Mama Nick azabagwa ku wa Gatatu tariki 18 Ukwakira 2023.Twizeye ko azamara kubagwa amafaranga yose yabonetse.Mukomeze mumufashe biciye kuri nimero ye +250788222380 [Mukakamanzi Beata].”

Advertising

Previous Story

Nta muhanuzi wemerwa iwabo ariko Dogiteri Nsabi we akunzwe iwabo cyane ! Ni irihe banga Dogiteri Nsabi akomeje gukoresha ngo akundwe cyane

Next Story

Ineza koko yiturwa indi ! Umusore yubakiye inzu nziza umugabo wamureze ubwo ababyeyi be bari bamaze gupfa

Latest from Imyidagaduro

Go toTop