Wednesday, May 8
Shadow

Abakobwa gusa: Dore ibimenyetso bizakwereka ko uwo musore mukundana atigeze atereta undi mukobwa mbere yawe

Mu by’ukuri abakobwa benshi bagorwa no gusobanukirwa niba ibyo babwirwa n’abasore bakundana by’uko ntahandi bahereye ari byo, gusa muri iyi nkuru uramenya amakuru yanyayo.

Ni ngombwa ko wowe n’umukunzi wawe muganira mbere yo kubana, mukamenya niba hariho waciye kugira ngo mu gihe yabimenye bitazamutungura bikaba byanabaviramo gutandukana.

ESE NI IBIHE BINTU BIZAKWEREKA KO UWO MUSORE MUKUNDANA ATIGEZE AKUNDANA NA MBERE HOSE ?

1.Ahorana ubwoba: Ubusanzwe umusore ugukunda ariko akaba atarigeze akundana n’undi mukobwa uzabona ahorana impungenge cyane n’ubwoba bw’uko ushobora kuzamusiga.

2.Ntabintu byinshi aba azi: Umusore utarakundanye n’undi mukobwa mu busore bwe , akenshi nta bintu byinshi abazi.

3.Ahita abikubwira: Uyu musore ntabwo aca kuruhande , ahita akubwira ko yagukunze.

4.Atungurwa no kuba mwasohokana bwa mbere: Bizagorana ko agusohokana bwambere.

5.Ntabwo abazi kuganira cyane:  Uyu musore ahorana isoni kuburyo kuganira biba atari ibintu bye.

6.Ntabwo ajya avuga kubandi bakobwa: Ubusanzwe umusore utarakundanye n’undi mukobwa usanga adakunda kuganira kumazina y’abandi bakobwa kuko aba ari ntabo azi.

1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *