Abagize itsinda rya P-Unity ryo muri Kenya bishongoye bavuga ko bimye Diamond Platnumz ‘Collable’ nyuma yo kubirukaho igihe kirekire

08/11/2023 20:02

Umwe mu basore bagize itsinda P-Unity, witwa Frasha yemeje ko bimye umuhanzi Diamond Platnumz ‘Collable’ yari yabasabye avuga ko we atigeze amenya uko byagenze.Uyu muhanzi yavuze ko byakozwe nabagenzi be.

 

 

Mu kiganiro yagiranye na Nairobi News  kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2023 Frasha yavuze ko atigeze amenya ibyo bagenzi be bafatanyije itsinda rya P Unity   bakoze guhakanira Diamond Platnumz ubusabe bwe bwo gukorana indirimbo .

 

 

Uyu muhanzi yagize ati:”Ntabwo nigeze menya uko byagenze gusa mu rugendo rwo kwiyubaka muri muzika uba ugomba kumenya neza uwo mu giye gukorana kandi ukitonda bihagije.Ubu rero ntagushidikanya ko afite abantu , ashobora kutemera gukorana natwe kubera urwego amaze kugeraho”.

Umuhanzi Frasha wo muri P-Unity itsinda rrikomeye muri Kenya

 

Uyu muhanzi Frasha yavuze ibi nyuma ya mugenzi we wo muri iri tsinda witwa Bon’Eye nawe yavuze uburyo birengagije ubusabe bw’umuhanzi ukomeye muri Tanzania Diamond Platnumz wabasabaga indirimbo.Mu kiganiro uyu musore Bon’EYE yagiranye na SPM Buzz  yavuze ko ubwo bari mu gitaramo muri Tanzania aribwo Diamond Platnumz yababonye akishimira gukorana nabo gusa ngo n’inkuru zitigeze zivugwa.

 

 

Uyu muhanzi Bon’Eye , yavuze ko icyo gihe atari afite izina nk’iryo afite ubu  ndetse bemeza ko iyo bemeranya gukorana indirimbo byari kumufasha muri muzika ye.Bon’Eye yagize ati:”Twanze gukorana na Diamond Platnumz.Icyo gihe yari adutegereje cyane ubwo twari muri Dar es Salaam.Aradutegereza hafi amasaha 4 twe turi muri Hotel.Yashakaga ko dukorana ariko turamwangira”.

 

Umuhanzi Bon’EYE wo muri P-Unity

 

Bon’Eye yemeza ko Diamond yashakaga gukorana nabo indirimbo yitwa ‘Nitampata Wapi’ndetse abasaba ko binakunze indirimbo yaba iyabo nka P-UNIT aho kuba iya Diamond Platnumz’.Aba basore  bemeza ko aribo bahaye amahirwe  Diamond yo kuririmba Korasi y’indirimbo ‘Kare’ ya RickRoss ubwo bari i Lagos muri Nigeria mu bihembo bya MTV Awards agahura n’abafasha Rick Ross.

Bon’EYE

Advertising

Previous Story

Kenya : Umugabo yabajijwe n’umugore we impamvu amuca inyuma ahita afata igisu amukata intoki 3 amufungirana mu cyumba bararamo

Next Story

Umuhanzi WizKid yatangaje ko ahagaritse umuziki ahishura indi mpano agiye kwitaho

Latest from Ikoranabuhanga

Menya Icyateye ibura rya interineti

Ku cyumweru , tariki ya 12 Gicurasi, ikibazo gikomeye cya interineti cyibasiye uduce tumwe na tumwe two muri  Afurika y`iburasirazuba no mu Majyepfo, aho
Go toTop