Ubanza yabonye ko harimo amafaranga ! Ndimbati agiye gutangira kumena amabanga y’ubuzima bwe kuri YouTube

17/10/2023 19:38

Nyuma y’abarimo Kecapu wakoze YouTube channel ye bwite , na Ndimbati yamaze kuyikora.

 

Ndimbati ni umwe mu bagabo bubatse izina rikomeye muri Cinema Nyarwanda ndetse akundwa n’ingeri zose kandi aracyaryubaka.Uyu Ndimbati igikundiro cye cyaje gukomwa mu nkokora ubwo yafungwaga nyamara afunguwe arongera ahabwa umwanya muri Filime ya Papa Sava, benshi bibagirwa ko yigeze no gufungwa.

 

Mu gihe rero asa n’umaze kunyura abakunzi be , Ndimbati yifuje kujya abaganiriza k’ubuzima bwe , kubyamamare no kuyandi makuru nk’uko nyirubwite yabyivugiye.

 

Ndimbati, yagize ati:” Nanjye ninjiye kumihanda ngo niko bavuga ngo ni kumihanda, ariko njye Narinsanzwe nyigendamo ariko none ubu nyinjiyemo kumugaragaro. Uyu munsi rero , kuri iyi tariki nanjye noneho ninjiye muri Channel. Murajya mumbona kuri channel yitwa Ndimbati TV.

 

Murajya mumbona rero ndaje , ndajya mbaha ibiganiro , nzabaganiriza k’ubuzima bwanjye , nzabaganiriza kubyamamare, tuzaganira nababandi bose mwajyaga mwifuza kubona , rwose Ndimbati naramuka ababatumiriye ntabwo muzababura. Ahubwo muri comment nagira ngo mushyireho ikintu mwifuza kuri Ndimbati”.

Ugiye kuri iyi Channel urabona ko Ndimbati TV ifite ibihumbi 120 by’abayikurikira bivuze ko atigeze atangira bushya [ Ibanga ] , niwe urizi.

 

Previous Story

Umubyeyi wa Zuchu Khadija Kopa wamamaye muri Taarab yasabye abagabo gutereta umukobwa we yemeza ko ari wenyine

Next Story

Bahati uherutse kujyana umugore we aho bogosha mu myanya y’ibanga yamumennyeho akayabo k’amafaranga

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop