Kuva muri 2008 numvaga nzaba Miss Rwanda ! Miss Mwiseneza Josiane yahishuye ko yahoraga arota kuzaba Miss

by
09/10/2023 07:39

Mwiseneza Josiane ni umwe mu bakobwa bagacishijeho mu mwaka wa 2019 ubwo yari ari kwiyamamariza kuba Miss Rwanda.Mu kiganiro yagiranye na Allysoudy kuri Instagram [AllySoudy On Air] , yavuze ko byahoze ari inzozi ze.

 

Mwiseneza Josiane ajya gutangira kwiyumvamo ibyo kuba Miss , ngo hari kera cyane mu 2008 ubwo yari akiri umwana muto , ndetse ngo na nyuma y’aho yiyumvagamo kuzaba Miss cyangwa akamamara ariko atazi uburyo bizakorwamo.

 

Yagize ati:” Igihe nabitekerereje cyo ni kera. Niyumvamo ibintu byubwamamare nkumva njye ntaba icyamamare ariko nkabikunda kuko hari muri 2008 na 2009 . Icyo gihe nari mu mashuri abanza , nayamarushanwa ya Miss yaberaga mu Mujyi wa Kigali, bagatora aba Miss no muturere gutyo”.

 

Miss Josiane yakomeje agira ati:” Ntabwo bashoboraga kuba icyamamare kuko natekerezaga ko ari ibintu bidashobora kubaho, bitanabaho munzozi zanjye gusa nkakunda ibyamamare”.

 

Miss Mwiseneza Josiane yahamije ko kuva akiri mu mashuri yisumbuye yakundaga gukurikirana cyane irushamwa rya Miss Rwanda ndetse akarikurikirana yiga ngo bimwe bikamucika akabimenya byarangiye atashye.

 

Miss Josiane kugira ngo yumve nawe abishoboye, byahereye ku nkuru y’umukobwa wari wegukanye irushamwa rya Miss Rwanda 2018, arinabwo yafashe umwanzuro wo kwiyemeza kuzitabira irushanwa rya Miss Rwanda. Ati:” Nyuma yo gukurikirana amakuru yose nibwo byarangiye mumbonye i Rubavu”.

 

Miss Mwiseneza Josiane yabaye Miss wakunzwe n’abafana cyane mu mwaka wa 2019.Kuri ubu uyu mukobwa ari mu masomo ya Kaminuza

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Previous Story

Dore ibyiza byo kwisiramuza ku bagabo, ingaruka mbi zibamo ni izihe, inzobere zibivugaho iki

Next Story

Abagore ni intwari ! Menya impamvu umugore adakwiriye guhangayikishwa nuko inda ye imeze nyuma yo kwibaruka

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop