Zuchu yavuze ko amashusho ya Diamond Platnumz asa n’uri gutera ivi ntacyo avuze kuri we yemeza ko azakomeza kumukunda

30/11/2023 17:30

Umuhanzikazi Zuchu yatangaje ko kuba Diamond Platnumz yagaragaye mu mashusho ameze nk’uri gutera ivi ntacyo avuze.

Mu masaha make ashize nibwo Diamond Platnumz yagaragaye asa n’uri kwambika impeta umunyamakuru ukomeye nyamara ari ibibeshyo.

Aya mashusho ni amwe mu yagize ikiganiro Young Famous African Reality Show Diamond Platnumz arimo gukorera muri Africa y’Epfo.

Nyuma yo kujya hanze kw’aya mashusho , Zuchu yahise avuga ko ntacyo byakwangiza ku rukundo rwabo, agaragaza ko yayabonye.

Uyu muhanzi kazi yagaragaje ko umutima we uri kuri Diamond Platnumz uko byagenda kose.

Mu mashusho yashyizwe hanze na Peace Hyde umunyamakuru wendaga kwambikwa impeta ariko bikanga, Diamond yari yambaye ipantaro y’umukara.

Advertising

Previous Story

Nta mpeta yambikanye ! Diamond Platnumz ari gukorera amafaranga muri Young Famous African Reality Show abandi bakabyita urukundo

Next Story

Mu Karere ka Huye ibisambo byinjiye mu Kiliziya byiba ibintu byinshi birimo Isakaramentu ry’Ukarisitiya

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop