Uwakinnye Filime ya Yesu ni muntu ki ?-AMAFOTO

13/11/2022 18:52

Uzamusanga mungo z’abantu amanitsemo, uzamusanga mu madoka , mu majosi y’abantu bamwita ‘Yesu’ ndetse n’ahandi hatandukanye.Muri iyi nkuru tugiye kukwereka amwe mu mafoto ye.

Amazina yiswe n’ababyeyi ni Robert Powell, ni umukinnyi w’ ama filimi wavukiye mu Bwongereza kuwa 1 Kamena 1944. Yavutse kuri John Wilson Powell na Kathleen.Yavukiye mu muryango uciriritse kuko ise yari umukanishi, nyina nta kazi yagiraga.

Amashuli ye yayatangiriye mu kigo cyitwa “Manchester grammar school”, aza kuyasoreza muri ‘Royal College of Advanced Technology’ ahitwa i Salford. Kuva mu buto bwe, yakuranye inzozi zo kuzaba umunyamategeko ndetse yakinaga n’ imikinomyinshi itandukanye.

Mu w’ 1964, yatangiye gukina ama filimi asetsa(comedy) ubwo yigaga muri kaminuza. Yagaragaye ku rwiyerekaniro bwa mbere mu w’ 1967.

Ijwi rye ryamenyekanye cyane mu matangazo yamamaza yanyuraga kuri BBC, yakinnye ama filimi y’ uruhererekane menshi yatambukaga kuri televiziyo muri icyo gihe ndetse yakoze filimi nyinshi zigaragaza amateka (Filmes Documentaires) mu ntambara ya 2 y’ isi yose.Uzamusanga mungo z’abantu

Uyu mugabo Kuwa 29 Kanama 1975, yashakanye na Barbara Lord wari umubyinnyi mu itsinda ryitwaga “Pan’s People”;

Ubu bakaba bafitanye abana 2 bonyine! Mu mwaka w’1977 kuwa 23/ 11 nibwo yakinnye yitwa

Yesu muri filimi yiswe” Jesus of Nazareth”.Amashusho yayo akaba yafatiwe muri Morocco.

Iyi filimi yarakunzwe cyane, aho yaje guhindurwa mu ndimi zitandukanye zo ku isi kugira ngo Abakirisitu bayikurikirane. Iyi filimi kandi,

yinjije amafaranga atari make kuko ama kopi yayo arenga za miliyoni yagurushijwe nk’ uko tubikesha www.theguardian.com.

Uyu mukambwe yagaragaye mu mafilimi nka: Harlequin yo muri 1980, Yayoboye filimi y’ uruhererekane

yitwaga Shaka zulu ministries. Yagaragaye mu yindi yakunzwe cyane yiswe The lefends of Treasure Islands n’ izindi.

Yatsindiye ibihembo byinshi bitandukanye birimo ibyo yahawe na TV times na Italian Times  

Ayikesha kuba yarakinnye muri filimi ya Yesu w’ I Nazareti. Venice film Presents nayo yamuhaye

igihembo cy’ umukinnyi mwiza w’ ama filimi nyuma

Advertising

Previous Story

Yesu na Satani bihaye ‘Blue Tick’ kuri Twitter

Next Story

Amateka y’icyamamare Usher Raymond kuva 2004 kugeza 2022

Latest from Inkuru z'urukundo

Go toTop