Urukundo rwababanye ubuki ! Shakib Lutaaya n’umugore we wa Kabiri Zari Hassan baryohewe n’urukundo mu kiyaga bonyine

08/10/2023 17:07

Shakib Lutaaya umugabo wa Zari Hassan byemewe n’amategeko , yashyize kukarubanda amafoto n’amashusho ari kumwe n’umugore we baherutse kwambikana impeta.

 

 

Uyu mugabo abinyujije kumbuga nkoranyambaga ze [Instagram], yagize ati:”Them Them , we gonna Survive”.Aya ni amwe mu magambo ashobora kuba yavuze ashaka kwishongora kuri bamwe , bagiye batera imijugujugu urukundo rwabo kugeza bakoze ubukwe.

 

Shakib Kutaaya na Zari Hassan bakoze ubukwe tariki 03 Ukwakira 2023, gusa babukora mu ibanga rikomeye cyane ndetse kugeza ubu n’amashusho aboneye y’ubukwe bwabo yari yajya hanze uretse ayashyizwe hanze n’ikinyamakuru cyo muri Uganda ari nayo akiri kumbuga z’abantu batandukanye ahantu hose.

 

 

Bamwe mu bakurikirana Shakib , bamuteye ingabo mu bitugu bamwifuriza urugo rwiza n’umugore we.Uwitwa Stiven Ssentenza ati:”Amahirwe masa muvandimwe”. Ukhti ati:”Muryoherwe mpaka”. N’abandi bagize icyo bavuga gusa ubwo twari turi gukora iyi nkuru , Zari Hassan ntabwo yari aragira icyo abivugaho.

 

Advertising

Previous Story

Umuhanzi Javanix yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ngo ‘RONGORA’ iri kuri EP aherutse gushyira hanze – VIDEO

Next Story

Abafana bashaka kwiyirukanira umutoza ! Umutoza wa Rayons Sports Zelafan akomeje gushinjwa gukina Betting akagurisha ikipe yabo bakayitsinda

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop