Umuraperi Ish Kevin yavuze ko yabeshyewe n’itangazamakuru

03/04/2024 15:35

Ish Kevin wamamaye mu njyana ya Hip Hop hano mu Rwanda, yatangaje ko yabeshyewe n’ibinyamakuru bimwe bikamwandikaho amagambo atariyo nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekaniye abasore bakekwaho ubujura bikavugwa ko bayogoje Kigali.

Dr. Murangira B Thierry, yabwiye itangazamakuru ko bamwe mu basangiraga n’aba basore ibyibwe harimo na Ish Kevin, umuhanzi mu njyana ya Hip Hop. “Ish Kevin Wabakiraga mu nzu ye hariya mu Kagarama , Uwitwa Logan ndetse n’Uwitwa Producer Olivier” .Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Murangira B Thierry, yavuze ko iperereza nirirangira aba barimo na Ish Kevin , ukuboko k’ubutabera kuzabageraho.

Ish Kevin yagize ati:”Narinziko ibi bintu byo gushaka gusebya no kugusha umuhanzi bita gikorwa na media zikomeye nka igihe na cg Inyarwanda .Izi nkuru ziri totally wrong. Mu gitondo ndajya kuri RIB gutanga report kuri ibi binyoma.Aba bana biba Ntago mbazi.Kandi ni ibintu RIB yacu itayoberwa”.

Advertising

Previous Story

Rutahizamu ukomeye mu Rwanda arifuza gukinira Amavubi

Next Story

Koffi Olomide agiye kujya muri Politike ya Congo

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop