Rutahizamu ukomeye mu Rwanda arifuza gukinira Amavubi

03/04/2024 07:41

Ani Elijah usanzwe akinira ikipe ya Bugesera FC , arifuza kuba umukinnyi w’u Rwanda.

Rutahizamu Ani Elijah ukomoka muri Nigeria.Ani uyoboye abakinnyi bamaze gutsinda ibitego byinshi muri Shampiyona y’u Rwanda aho amaze gutsinda 14 akurikiwe na Victor Mbaoma ufite 13 yasabye guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda akaba yakinira Amavubi.

Nta byinshi byari byamenyekana gusa amakuru dukesha Isimbi, abayobozi mu mupira w’amaguru mu Rwanda babibwiwe ndetse n’umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu Amavubi akaba yarishimiye urwego rwe ku buryo amubonye hari icyo yamufasha.

Kuri ubu u Rwanda rwitondera cyane gutanga Ubwenegihugu nyuma yo guhabwa muri 2014 ubwo rwahaga Daddy Birori ubwenegihigu afite ubundi.Muri 2022 Umunya-Cote D’Ivoire Gerard Gohou yarabuhawe ariko nawe ntiyongera guhamagarwa.

 

Advertising

Previous Story

Burera: Uruhinja rukivuga rwatoraguwe mu gihuru rwapfuye

Next Story

Umuraperi Ish Kevin yavuze ko yabeshyewe n’itangazamakuru

Latest from Imikino

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop