Umugabo wa Rihanna yatangaje ikintu gikomeye afata nk’umushinga yakoranye n’umugore we

20/11/2023 17:52

Umuraperi A$AP Rocky wamamaye mu ndirimbo “I Smoked Away My Brain” , yatangaje ko nta mpamvu yo gutekereza ku ndirimbo ashobora gukorana na Rihanna ahishura ko ibyari bikomeye bakoranye ari ukubyarana.

 

Rihanna na Rocky bafitanye umwana witwa RZA ufite amezi 18 , na Riot w’amezi 3 gusa. Aba bombi , Rihanna na A$AP ngo nta mpamvu yo gutekereza indirimbo nk’uko byemejwe n’uyu mugabo ubwo yaganiraga n’itangazamakuru.

 

Ubwo yabazwaga niba we n’umugore bashobora kuzisanga mu mushinga w’indirimbo, Rocky yagize ati:” Ese ni iki kindi twakorera hamwe kikaturyohera ?. Njye ntekereza ko twakoze akazi gakomeye , tugafatanya umushinga udasanzwe hanyuma tukabyarana abana.

 

“Njye ntekereza ko uwo ari wo mushinga wacu udasanzwe kandi ntakiwuruta”.

 

Rocky yemeje ko kuba bafitanye abana 2 aribyo bintu bikomeye bakoze mu mubano wabo bikaba biruta no kuba bakorana indirimbo

 

Mu minsi yashize , Rihanna na A$AP Rocky bavuzweho gutandukana kubera uburyo bitwaraga aho buri wese yacaga ukwe, kugeza ubwo bigaragaye ko Rihanna atigeze aherekeza umugabo we mu rubanza.

Advertising

Previous Story

Abasore nta mpuhwe bagira ! Umusore yashyize hanze ubutumwa bwose yaganiriye n’umugore uca inyuma uwo bashakanye wamusabaga gusinda bakaryamana

Next Story

Rema na Burna Boy batsindiye ibihembo bitangwa na Billboard ku nshuro ya mbere

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop