Advertising

Rema na Burna Boy batsindiye ibihembo bitangwa na Billboard ku nshuro ya mbere

11/20/23 18:1 PM
1 min read

Abahanzi bamamaye mu njyana ya AfroBeat ; Rema na Burna Boy batsindiye ibihembo bya Billboard Music Awards byatanzwe ku nshuro ya mbere.

 

Burna Boy watsindiye Grammy Awards mu ntangiriro z’uyu mwaka , yatangajwe n’ikigo cya Billboard gikorera muri Amerika nk’umuhanzi wahize abandi mu njyana ya AfroBeat.

 

Ashyikirizwa iki gihembo Burna Boy yavuze ko agituye abahanzi bagenzi be ndetse b’Abanyafurika muri rusange.

 

Yagize ati:” Iki gihembo ngituye Abanyafurika ndetse na buri muhanzi wo muri iki gihe”.

 

Billboard yongeye ijyana ya AfroBeat mu bihembo bya Billboard Music Awards nyuma yo kubona ko iyi njyana imaze gutera imbere.

 

Rema nawe yashimiwe muri ibi bihembo kubera indirimbo ye ‘Calm Down’ iri muzigezweho kuri ubu.

 

Rema yashimiye buri umwe wese ndetse avuga ko anejejwe nuko AfroBeat irikogera ku Isi yose.

Sponsored

Go toTop