Umugaba Mukuru wa RDF yitabiriye ibirori bya UPDF aramukanya na Perezida Yoweli K. Museveni- AMAFOTO

07/02/2024 08:34

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda General Mubarakh Muganga n’itsinda ayoboye bitabiriye Ibirori by’Igisirikare cya Uganda [UPDF] bizwi nka ‘Tarehe Sita’ , byayobowe na Perezida Yowera Kaguta Museveni wa Uganda wanaboneyeho kuramukanya n’iri tsinda rya RDF ryitabiriye ibirori by’ingabo ze.General Mubarakh Muganga yari kumwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda , Brig Gen Ronald Rwivanga ndetse n’abandi Bofisiye bakuru muri RDF.

 

Ibi birori by’isabukuru ya 43 ya Tarehe Sita byayobowe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo Uganda.Byabaye kuri uyu wa Kabiri Tariki 06 Gashyantare 2024 , mu Karere ka Bugwei.Nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru The Nile Post cyandikira muri Uganda , Perezida Yoweri Kaguta Museveni yaboneye kuramukanya n’Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda zari ziyobowe na Gen Mubarakh Muganga.

 

Mu mafoto yashyizwe hanze n’iki kinyamakuru , agaragaza Museveni yishimiye guhura n’abayobozi ba RDF anabashimira byimazeyo kuba baje kwifatanya UPDF muri ibi birori byo guha icyubahiro abasirikare bose bagize uruhare mu kubohora Uganda.Ni ibirori bisanzwe byizihizwa tariki 06 Gashyantare byo kuzirikana igihe Yoweli yatangirijeho urugamba rwo kubohora Uganda mu 1981 ndetse no guha icyubahiro abasizemo ubuzima bose.

Advertising

Previous Story

“Nta gikundiro mfite, nta n’inshuti ngira , nanjye ubwanjye ndiyanga” ! Agahinda ka Niyobugingo Molvis

Next Story

Umugabo yatse rifuti pandagare yanga gusohoka avuga ko ashaka ko bamugeza kuri sitasiyo ya police agasuhuza abariyo

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop