Uko Bruce Melodie na Clapton Kibonge bafata ubukwe

by
07/03/2024 17:08

Umuhanzi uri mu bakomeye hano mu Rwanda n’umunyarwenya  Clapton Kibonge bagaragaje uko babona gukora ubukwe mu ishusho yabo maze abantu benshi batangazwa n’uburyo aba bagabo babifata.

 

Ni mu kiganiro bombi bagiranye n’umunyamakuru Irene Murindahabi nibwo bavuze uburyo bafata ubukwe mu ishusho yabo.Ni nyuma y’uko umwe mu bakinnyi ba filime Nyarwanda witwa Killer Man yakoze ubukwe bukomeye ndetse bivugwa ko yabushoyemo amafaranga menshi arenga Million 25 z’amafaranga y’URwanda.

 

Ubwo aba bagabo bombi babazwaga niba bo badakwiye gukora ubukwe batanze  ibisubizo bisa bitangaje. Ubusanzwe umuhanzi Bruce Melodie abana n’umugore we bafitanye  abana babiri ariko nta bukwe yakoze.

 

Icyakora mugenzi we Clapton Kibonge n’umugore we bafitanye abana babiri ariko icyo arusha Bruce Melodie nuko we yakoze umurenge. Mbese we yagiye mu Murenge ariko nta bukwe yigeze akora ngo habe ibirori bigaragarira buri wese.

 

Ubwo babazwaga niba nta bukwe bazakora, aba bagabo bombi bavuze ko badakwiye gukora ubukwe cyangwa ngo bereke abantu uko bakunda abagore babo Kandi basanzwe babakunda. Ikindi bavuga ko gukora ubukwe ari ugutanga umugabo Kandi bo nta mugabo bashaka gutanga uzahamya urwo bakunda abagore babo icyambere nuko ngo abagore babo babizi ko babakunda ndetsee cyane.

 

Advertising

Previous Story

Umwana wa Diamond Platinumz akomeje gukurura amarangamutima ya benshi nyuma y’ifoto nyina yashize hanze

Next Story

Umutwe wa M23 wongeye kugaragaza ko ufite imbaraga ku rugamba ihanganyemo na FARDC nabayifasha

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop