Advertising

Ruhango: Umusore wazize igikoma yashyinguwe saa saba z’ijoro

04/09/2024 19:03

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Nyacyonga, Akagari ka Kebero, Umurenge wa Ntongwe batunguwe no kubona Maniragaba Alfred bikekwa ko yapfuye azira gukubitwa ubwo yoyongeraga igikoma yashyinguwe saa saba n’igice z’ijoro.

Abo baturage babwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko bari bamaze iminsi bategereje ko Umurambo wa Maniragaba Alfred uvanwa mu Bitaro bya Polisi ku Kacyiru i Kigali ukaza gushyingurwa muri uyu Mudugudu wa Nyacyonga kuko ariho iwabo.

Bavuga ko babwiwe n’Ubuyobozi bw’Akagari ko bajyana isanduku hafi n’aho irimbi riherereye bagategereza ko umurambo uhagera ugashyingurwa.

Umwe muri abo baturage wari kumwe na bagenzi be utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Twategereje bigera saa sita zijoro, turarambirwa dusubira mu rugo.”

Uyu muturage avuga ko ubwo bari basubiye mu rugo babonye imodoka y’Akarere izanye Umurambo bakeya bahasigaye bababwira ko imihango yo kumushyingura yabaye saa saba n’igice.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Kurikira umukino w’Amavubi na Libya

Next Story

Ibihe by’ingenzi byaranze umukino wa w’Amavubi na Libya

Latest from AMAKURU KU RWANDA

Go toTop