Nkore iki ?: Umwana wanjye ariba cyane ku buryo afungwa buri munsi kandi ndi umukire

02/04/2024 05:51

Umukunzi wa UMUNSI.COM yaratwandikiye adusaba kumugira inama. Niyo mpamvu namwe mushobora kumuha inama.Niba nawe ufite icyo ushaka kugisha inama, kwamamaza cyangwa kuduha inkuru wanyura kuri Email yacu ariyo Info@umunsi.com

Uyu mubyeyi watwandikiye yagize ati:” Maze imyaka myinshi ndi gukora nshaka amafaranga kugira ngo umuryango wanjye ubeho.Nkora amasaha menshi ndetse n’umugabo wanjye arakora cyane.Twakoze iyo bwabaga , turakora kugira ngo umuryango wacu w’abana babiri b’abahungu utazasabiriza.

Twaje gusanga umwe muri twe aramutse aje mu rugo akita kubana gusa byakwica gahunda zacu , maze duhitamo gukora cyane.Kubera ko tuba tudahari rero, umwana wacu w’umuhungu yafatiranye uko kubura kwacu yadukana ingeso yo kwiba mu baturanyi.Yumva ibyo mu rugo bitamunyuze.Twamuhaye inama, abo ku rusengero bamuha inama ariko byaranze.

Iyo agiye kwiga ntabwo hacamo kabiri batadusabye kumwimura cyangwa bakamufungira kwiba inshuro nyinshi Mu minsi yashize police yarampamagaye bambwira ko bamufashe arikwiba mu baturanyi.Maze kurambirwa ni mungire inama”.

Watsapp yacu ni 0791859465. Email ni : Info@umunsi.com

photo:SDI Production Albert Kipchumba

Advertising

Previous Story

Babu Tale na Diamond Platnumz basobanuye uko bagiye kureba P Diddy iwe mu rugo

Next Story

Byinshi wamenya ku rusobe rw’indwara zibasiye Justin Bieber

Latest from HANZE

Go toTop