Nick Jonas yatunguye Priyanka Chopra ku isabukuru ye y’amavuko

by
22/07/2024 06:54

Mu birori byabereye mu gihugu cya Australia byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 42 ya Priyanka Chopra, umugabo we Nick Jonas yamutunguje impano idasanzwe.

Priyanka Chopra uri gufata amashusho ya filime ye nshya yise ‘The Bluff in Australia’ anyuze kuri konte ye ya Instagram, yashimiye umugabo watumye byose bigerwaho.

Chopra yagaragaje ko Jonas n’ubwo atarahari, yatumije imodoka yuzuye ibiryo ,ikava mu gihugu cy’Ubuhinde ikagera muri Australia kugira ngo abakinnyi n’abandi bazagaragara muri The Bluff In Australia baryoherwe n’ibyo birori.

Priyanka Chopra yagize ati:”Ndashimira cyane umugabo wanjye udasanzwe watumye bigenda neza kabone n’ubwo yari adahari”.

Filime ya Priyanka Chopra yitezweho kwamamara cyane iri gukorwa na The Ruso bamamaye muri Marvel Films , ikayoborwa n’uwayoboye Captain America , Avengers, Infinity War na Endgame.

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Previous Story

Nyuma yo kuva mu butinganyi Jojo Siwa yatangaje umubare w’abo yifuza kubyara

Next Story

USA: Umusaza yagiye gushyingura umwuzukuru we, nawe apfira ku irimbi

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop