Neymar n’umukunzi we Bruna Biancardi bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’umukobwa

by
08/10/2023 07:40

Nyuma yo kwibaruka Bruna yabinyujije kumbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko yishimiye impano Imana yamuhaye.Yagize ati:” Mavie wacu yaje kutwuzuza mu buzima bwacu. Urakaza neza mukobwa mwiza. Warakumzwe, kandi warakoze kuduhitamo”.

 

Aba babyeyi bombi bishimiye umwana wabo w’umukobwa babyaranye nk’uko byagaragajwe n’amashusho ndetse n’amafoto dukesha ibinyamakuru byo muri Brazil aho uyu mukinnyi akomoka.

 

Iyi nkuru yo kwibaruka kwa Neymar na Bruna Biancardi yashimishije abafana babo cyane.Muri uyu mwaka wa 2023 nibwo Neymar yigeze asaba imbabazi Biancardi kubera kumuca inyuma.

 

Asaba imbabazi Neymar yagize ati:”Nsabye imbabazi kubw’amakosa yanjye.Niba hari ibyagahishwe bigiye hanze n’imbabazi niho zigomba gusabirwa”. Uyu mugore wa Neymar ni umunyamideri.

 

Ubusanzwe Neymar afite undi mwana w’umuhungu yabyaranye na Carolina Dantas bahoze bakundana.

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Advertising

Previous Story

Byinshi wamenya kuri Rowan Sebastian wamamaye nka Mr Bean akaba umunyarwenya washimishije benshi ku Isi

Next Story

Kurera abana si iby’abagabo ! Umugabo yahawe urwamenyo nyuma yuko asigiwe umwana ngo amurere bikarangira asinziriye

Latest from Imikino

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop