Mama na Papa barantaye ndambiwe inkoni za Mukadata nigira i Kigali ! Agahinda ka Ishimwe Christian wakuze akubitwa na Mukase

24/03/2023 11:20

Umusore witwa Ishimwe Christian yavuye imuzi agahinda n’uburibwe yanyuzemo akimara gutabwa na nyina umubyara aho yashaririwe no kubaho nyamara aho aba nta cyo bari bakennye.

Uyu musore ukiri muto yavuze ko yavukiye mu mujyi wa Kigali ariko bikaza kurangira se na nyina bafashe umwanzuro wo kwimukira mu Ntara y’Amajyepfo akarere ka Huye aho ibihe by’umwijima kuri we byatangiye. Uyu Christian yabwiye Juli tv ko yafashe umwanzuro wo kugaruka i Kigali kubera guhunta inkoni za mukase wamurerega ameze nk’urimo kumureresha inkoni.

Kimwe na murumuna we Christian avuga ko batari borohewe n’ubwo imyaka yaje kwicuma na bo bagakura ariko iyo yibutse ukuntu mukase yamushinjaga amarozi akamuhoza ku nkeke bikanatuma ahitamo kumuhunga ngo byose byaganishaga ku nkoni za hato nahato kandi arengana.

Mu kiganiro Ishimwe Christian yavuze ko iyo umukobwa bigana yamusuraga mukase yahitaga abakingirana akabwira abaturanyi ko Christian yazanye umugore bagasambanira ku buriri ibyo byose akabikora agamije kwereka rubanda ko yananiranye(Christian)

Ni kenshi mu Rwanda hakunze kumvikana inkuru z’abana barerwa n’aba mukase bavuga ko bahohoterwa ariko bigapfa ubusa ,gusa na none gatungwa agatoki abana bitwaza ko barerwa n’ababyeyi batari ababo bakabitwaraho nabi bagamije kwerekana ko nta mubyeyi wangana na nyina ubabyara. Gusa impande zombi ziba zikwiye kuhana amaharo ya christo.

Umwanditsi: Emmanuel Habumugisha shalom

Advertising

Previous Story

Dore ingaruka zo gukuramo inda

Next Story

Inka yahawe icumbi nyuma yo gutoroka ibagiro

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop