Kylian Mbappé yatangaje ikipe agiye kwerekezamo

04/02/2024 11:50

Umukinnyi ukomeye wo mu gihugu cy’Ubufaransa Kylian Mbappé usanzwe akinira Ikipe ya PSG yatangaje ko muri iyi mpeshyi azerekeza mu ikipe ikomeye muri Espanye ariyo Real Madrid.Amakuru yemeza ko ari umwanzuro wafashwe na Kylian Mbappé ubwe.

Aya makuru y’uko uyu musore azava muri PSG amasezerano ye arangiye bwa mbere yemejwe n’uwitwa Le Parisien ndetse amakuru yemeza ko yamaze gusinyana amasezerano na Real Madrid hasigaye kujyamo gusa.Kylian Mbappé kandi ntabwo yigeze abwira PSG iby’amakuru kuko ari umwanzuro we ku giti cye.

Mbappé w’imyaka 25, yemera ko byaba byiza mu gihe ikipe ye azajyamo ( Real Madrid ) yamwemerera kujya gukinira iwabo mu Bufaransa gusa yabitangaje mbere y’uko asinyana nayo nk’uko ESPN babitangaza.Iki kinyamakuru cyemeza ko amafaranga azajya ahembwa muri Real Madrid ari kimwe cya Kabiri ( ½) cy’ayo yahembwaga muri Paris Saint Germain.

Advertising

Previous Story

Umuhanzi ukomeye yigereranyije na nyakwigendera Fela Kuti

Next Story

Abagabo bantereta bambwira ko mfite ibinwa binini byiza bifuza gusoma ! Vava Kandi yavuze ko aca abagabo inkwano

Latest from Imikino

Go toTop