Jojo Siwa yahakanye ibyo kwiba indirimbo mugenzi we

14/04/2024 13:33

Jojo Siwa yavuze ko nta mpamvu yo kuvuga ko habayeho kwibana muri muzika.Uyu muhanzikazi yavuze ibi agamije gucecekesha abantu bavugaga ko yibye.Siwa Jojo byavugwa ko yibye indirimbo ‘Karma’ kuri Miles Cyrus na Brit Smith.

Siwa Jojo wamamaye muri Album  yise ‘Dance Mom alum’ , yagaragaje ko muri muzika nta muntu wiba indirimbo.Yagize ati:”Ntabwo nigeze niba indirimbo”.Jojo yasobanuye ko ibi birego byazamutse biturutse kuri ‘Producer we Rock Mafia wananditse iyi ndirimbo akandika niya Miley Cyrus “Can’t be Tamed”.Yavuze ko iyi ndirimbo yandikiwe Miley ariko ntirangire.

Ati:”Ikibazo kiba kubandika indirimbo ntirangire ikazagirira akamaro abandi bahanzi nyuma y’igihe runaka”.Jojo yavuze ko kuri we ajya kuyikora yari azi neza ko ari indirimbo nziza Isi yari ikeneye kumva no kureba.Brit buvugwa ko yibwe, we yagaragaje ko iyi ndirimbo yifuzaga kuyiheraho muri 2021 gusa agakoze gukora iyo yise ‘Provocative’.

AMAFOTO YA JOJO SIWA MU BIHE BITANDUKANYE

Advertising

Previous Story

Uwari umukunzi wa Yvan Buravan akanamwishushanyaho yambwitswe impeta n’umusore mushya

Next Story

Bakomeje gukoresha amafoto ! Ese koko Paulah Kajala aratwite cyangwa ni indirimbo we na Marioo bari gutegura

Latest from Imyidagaduro

Go toTop