Advertising

Ibyiza n’ibibi byo kwambara imyambaro y’imbere ku bagabo n’abagore

14/06/2024 11:02

Imvugo igira iti:”Going Commando’ isobanuye ko udashobora kuzigera wambara umwambaro w’imbere ‘Underwear’.Kuri bamwe babibonamo igisubizo ariko wa kwibaza ngo ese koko ni igisubizo ? Ni ibihe byiza n’ibibi byo kuyambara ?

Benshi mu bagabo bavuga ko kutambara umwambaro w’imbere [Going Commando] , bibafasha kwisanzura mu gihe bari mu rugendo , cyangwa kutazitirwa n’icyaricyo cyose mu gihe hari aho bigiriye.Ibi kandi babivuga bashaka kwigereranya n’abasirikare bagaragaza ko biteguye.Bitewe n’uko abagore n’abagabo bafite imiterere itandukanye ku myanya yabo y’ibanga niyo mpamvu tugiye kurebera hamwe ibyiza n’ibibi byabyo.

KUTAMBARA UMWAMBARO W’IMBERE KU BAGORE [Going Commando for Women].

Kuki tukambara umwambaro w’imbere ari byiza rimwe na rimwe ku gitsinda gore ?

Akenshi birinda ko yakwandura ‘Infection’ bya hato na hato.Candida ni kimwe mu bitera ‘Infection’ zo mu myanya y’ibanga y’abagore, iyo umugore adakunda kwambara umwambaro w’imbere, abasha kwirinda iyi ‘Candida’.Iyo umugore cyangwa igitsina gore, bambaye umwambaro w’imbere ubegereye cyane bishobora kubaviramo gututubikana , bikorohereza za bagiteriya kwinjira ku bwinshi zigakuriramo.Abagore bagirwa inama yo kujya hanze bambaye imyambaro y’imbere ikoze muri ‘Cotton’.

Umwambaro w’imbere ku bagore ngo ubafasha kugabanya umwuka mubi mu myanya y’ibanga yabo.Iyo itutu ribaye ryinshi hasi aho rigatangirwa n’umwambaro w’imbere , rishobora gutangira gutera impumuro mbi ariko ikaguma aho ntibashe kujya hanze. Ikinyamakuru Healthline , kivuga ko umwambaro w’imbere ushobora kuba uburinzi bwiza ku myanya y’ibanga y’umugore.

KUTAMBARA UMWAMBARO W’IMBERE KU BAGABO [Going Commando for Men].

Kimwe n’abagore , burya hari ibyiza byo kutambara umwambaro w’imbere ku bagabo , gusa bo birebana cyane n’uburinzi bw’imyanya y’ibanga yabo ndetse n’agasabo gakora intanga.Iyo umugabo atambaye umwambaro w’imbere bituma, imyanya ye y’ibanga ihumeka.

Bituma kandi hakorwa umubare w’intanga munini ugereranyije n’igihe ayambaye kuko udusabo tuzikora tuba dutuje kandi turi guhumeka kuko hari ubwo umugabo yambara umwambaro w’imbere ariko umwegereye cyane.

Zimwe mu ngaruka zo kwambara umwambaro w’imbere rero, harimo no kuba utumya imya y’ibanga idakora neza cyango ngo yisanzure.

Abagore cyangwa abagabo bose, bagirwa inama yo kutajya bambara umwambaro bafashe cyane.

Bagirwa inama yo kujya bawugirira isuku ndetse bakanawuhindura kenshi gashoboka.

Nugira ikibazo ukitubarize ahatangirwa ibitekerezo.

Isoko: Healthline

Previous Story

Victoria Kimani yavuze aho akomora impano yo kumurika imideri

Next Story

“Ndagarutse nyuma y’ibibazo by’ubuzima” ! Celine Dion

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop