H.E Paul Kagame yatanze igisubizo gikomeye ubwo yabazwaga niba ariwe mukandida wujuje ibikenewe mu matora y’Umukuru w’Igihugu

12/02/2024 12:33

Perezida w’u Rwanda , H.E Paul Kagame  yagaragaje ko mu gihe cy’amatora , abaturage aribo bemeza niba Umukandida ari we wujuje ibikenewe ku cyo bamutorera bityo ko nawe bazabigaragaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu Mpeshyi y’uyu mwaka wa 2024.H.E Paul Kagame yabitangarije mu kiganiro yatangiye i Dubai kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024 mu Ihuriro ry’abagize za Guverinoma ku Isi rizwi nka ‘World Government Summit’.

 

 

Iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’umunyamakuru wa CNN , Eleni Giokos cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirebana n’imiyoborere  y’u Rwanda , amasomo rwakuye mu amateka ashaririye rwanyuzemo  ndetse n’Icyo Umukuru w’u Rwanda abona Isi ikwiriye ku rwigiraho.Ubwo iki kiganiro cyageraga k’umusozo wacyo , Umunyamakuru Eleni Giokos yagarutse ku biherutse gutangazwa na Perezida wa Amerika Joe Biden wifuza Manda ya Kabiri, wavuze ko ariwe mu Kandida ushoboye kurusha abandi bifuza kuyobora iki gihugu.

 

 

Umunyamakuru yagize ati:”Mu Rwanda hateganyijwe amatora muri uyu mwaka, nawe urahamya ko ari wowe mukandida wujuje ibikenewe kurusha abandi kuri izo nshingano ? H.E Paul Kagame yasubije agira ati:”Ubundi amatora , ni a’ahabaturage, kwemeza niba umuntu bari gutora ari we wujuje ibisabwa ku nshingano bamutoreye .Ubwo rero tuzareba”.Perezida w’u Rwanda yakomeje avuga ko ibyo umuntu yakoze nabyo byagira uruhare mu mahitamo y’abaturage ariko ko byose bizagaragazwa n’Abanyarwanda  mu gihe cy’Amatora.

 

 

Amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024  akaba yarahujwe n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko  ari nabwo bwa mbere azaba abaye ahujwe.

 

Isoko:Radiotv10

Advertising

Previous Story

Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves batsindiye umunyenga wa Kajugujugu ku munsi w’abakundana

Next Story

Rudeboy yihanganishije abanya-Nigeria

Latest from Amatora 2024

Go toTop