Advertising

Dore amafunguro ukwiriye kwirinda gutekana n’umunyu kugira ngo ugire ubuzima bwiza

28/06/2024 17:44

World Health Organization [WHO], ikicyo Mpuzamahanga cyita ku buzima , gisaba abantu batuye Isi kugabanya ingano y’umunyu bafata by’umwihariko bakawugabanya bari mu gikoni. Batitaye kuri izo nama, benshi ntabwo bahwemye gukomeza kurya umunyu mwinshi.

Iyi nkuru igiye kugaruka ku mafunguro amwe n’amwe utari ukwiriye guteka ngo ushyiremo umunyu mu rwego rwo kwifuza kugira ubuzima bwiza.

1.Ibijumba.

Ibijumba ubwabyo birihagije ku buryo bidakenera kubitekana umunyu by’umwihariko mu gihe wabitekanye n’ibishishwa bya byo. Mu bijumba haba harimo umunyu wihariye udakenera undi.

2.Ibitoki.

Nta bwo ari ngombwa ko umuhanga wo guteka ibitoki abitekana umunyu kuko muri byo habamo umunyu wabyo wihariye.

3.Amateke.

Kimwe n’ibijumba, amateke nayo ni byiza kuyariraho , nta munyu ushyizemo waba urino kuyateka ukirinda kuyarungamo umunyu.Amateke yashyizwemo umunyu mwinshi arabiha cyane.

4.Umuceri.

Umuceri , ushyirwamo umunyu, ariko nk’uko tumaze kubibona ku mateke, ntabwo ari byiza gushyira umunyu mwinshi mu muceri kuko habaho ‘Kuyungubira’.

Umuceri ukungahaye kuri Starch ,Carbs , ndetse n’isukari bituma usabwa ko utegurwa nta munyu mwinshi ushyizwemo.

5.Ibigori.

Mu bice bitandukanye by’Isi, birabujijwe gushyira umunyu mu bigori.Hamwe na hamwe mu Rwanda hari ababitekana n’umunyu ariko nk’uko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye, ntabwo ari byiza guteka umunyu mu bigori.

Isoko: Times of India

Previous Story

Dore ibintu bidasanzwe abagore bakora iyo bari mu bwogero bonyine

Next Story

Abakoresha Facebook muri Nigeria bahawe uburyo bwo kwiyinjirizaho amafaranga

Latest from Ubuzima

Ibyiza by’amaribori ku bakobwa

Amaribori ni umwihariko w’imiterere y’uruhu umuntu ashobora kuvukana, akagaragara ku mubiri cyane cyane mu gihe cy’ubusore. Ku bakobwa, amaribori akenshi aba umwihariko w’ubwiza bwabo.

Dore amafunguro ukwiye kurya nijoro

Nijoro ni igihe cyiza cyo kuruhuka nyuma y’umunsi wose, ariko ibyo tunywa cyangwa turya bishobora kugira ingaruka ku mimerere y’umubiri wacu n’uburyo twiruhukira. Hari
Go toTop