Bruce Melodie yasogongeje abafana be imwe ku ndirimbo nshya agiye gushyira hanze

22/05/2024 09:34

Umuhanzi Bruce Melodie umaze kubaka izina mu Rwanda, yagaragaye mu mashusho y’indirimbo nshya agiye gushyira hanze.

Tariki 16 Gicurasi 2024, nibwo Bruce Melodie yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Nigeria kurangiza amashusho y’indirimbo yise ‘Soweto’ yakozwe n’umu-producer w’Umuhunga witwa Barista wamamaye cyane mu gukoresha igicurangisho cya Saxophone.

Anyuze ku mbuga Nkoranyambaga ze Bruce Melodie , yagaragaye ari ku byina indirimbo ‘Soweto’  avuga ko agiye kuyishyira hanze.Mu magambo yanditse yagize ati:”Indirimbo nshya iraje”.

Mbere y’uko berekeza muri Nigeria , ku mbuga Nkoranyambaga zabo, 1:55AM bagize bati:”Bruce Melodie yerekeje muri Nigeria gukora amashusho y’imwe mu ndirimbo ziri kuri Album ye ‘SOWE’ yitegura gushyira hanze.Uyu muhanzi yasize ashyize umucyo ku makuru yose yamuvugwagaho”.Nawe yunzemo ati:”Ubu rero tugiye gukora amashusho y’indirimbo yitwa Soweto, ni indirimbo iri kuri Album yanjye, niyo ndirimbo ya Mbere agiye gusohoka.

“Ni urugendo rutangiye ubu mu tureba ariko na “Reality” igira ibyo ituzanira.Urebye dusa n’abafiteyo umunsi umwe gusa.Uyu munsi turagiye ejo dufate amashusho duhite tugaruka kubera ko hari izindi gahunda zikomeje zizabera kuri Kigali Universe”.Bruce Melodie ageze muri Nigeria bakoze amashusho y’indirimbo cyakora bagiye gutanga uwayikoze agirana ikiganiro nabo yemeza ko izaba ari indirimbo nziza cyane.

Ati:” Sowe yakozwe nanjye , kuko dufite umwanditsi twahuje na Bruce Melodie biduha izina Sowe”. Yakomeje agira ati:”Ubundi njye banyita Almighty Man, natowe muri Grammy Awards nk’umu-Producer wa Saxophony [ Saxophonist ] ndetse ndi umunyamategeko  kuko narayize nkagira ibikorwa bya Filime hano muri Nigeria. Bruce Melodie ni umuhanzi uzi neza icyo ashaka  kandi ndatekereza ko uyu musore kuri ubu ari ku rundi rwego kuko njye sinamufatira ku isoko ryo mu Rwanda ahubwo ni ku Isi yose uhereye ku ndirimbo yakoranye na Shaggy , When she’s Around.Ni umuhanzi uba ushaka ko indirimbo ikorwa neza ndetse aho ajya hose tuba tuvugana tugira ibyo dukosora”.

Reba hano Amashusho arimo kuyibyina

Advertising

Previous Story

“Uri Papa ukaba umugabo wanjye” ! Umugore wa Meddy yamwandikiye igitabo cy’urukundo arakimusomera

Next Story

U Buhinde: Umugabo yashakanye na Nyirabukwe sebukwe biha umugisha

Latest from Imyidagaduro

Go toTop