Ariel Wayz yateguje indirimbo ibwira umusore wamubabaje agashaka kumugarukira

03/05/2024 17:57

Ariel Wayz , utajya wifuza kuva mu matwi y’abafana be, yateguje indirimbo igaruka ku musore bahoze bakundana akaba ashaka ko basubina bagakundana.

Anyuze ku mbuga nkoranyambaga, Ariel Wayz yasangije abakunzi be imbanziriza mushinga w’indirimbo ye, ababwira ko yayiteguriye umukunzi batandukanye wa musabye ko bakongera gukundana.

Mu magambo ye yagize ati:”Nanditse iyi ndirimbo kubera ko uwahoze ari ukunzi wanjye yansabye kungarukira.Yoherereze uwo mwahoze mukunda nawe niba warafashwe”.Uyu mukobwa yibukije uwo batandukanye ko ntako atari yaragize ngo yemere ko bakundana.Yagize ati:” Wambwiye ko ukeneye urukundo ndaruguha, umbwira ko ukeneye umwanya ndawuguha, wansabye byinshi ndabikora.

“Uko umbona nahuye na benshi banyeretse ko nayobye inzira ariko wampaye impamvu nakabaye narabizeye”.Muri ubu butumwa yaciye amarenga y’uko ashobora kuba yarabonye urukundo.Ati:” Kuki ukomeza kugerageza kungarukira kandi warankinishije ijoro n’amanywa ? Ntabwo njya nifuza gukina imikino yawe warampemukiye ariko ndi umunyamugisha.

Si nshaka gukina iyo mikino ukundi , ibyo wakoze ninjye ubizi , nta n’uwo nifuriza kubibona naguhaye ibyanjye byose urabizi.Umbabarire nafashe undi, ubu narafashwe”.

Advertising

Previous Story

Diamond Platnumz arasabwa inka 500 kugira ngo yongere arongore Tanasha Donna

Next Story

Sarpongo yongeye gushimangira ko akunda APR FC kurenza Rayon Sports

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop