Sarpongo yongeye gushimangira ko akunda APR FC kurenza Rayon Sports

04/05/2024 08:45

Umufana wahoze ari uwa Rayon Sports yagaragaye mu marangi ya APR FC avuga ko kuva na kera yakundaga APR FC ikipe umubyeyi asanzwe afana.

Mu kiganiro na Lorenzo wa RBA nyuma yo gutsinda Gorilla FC 2:0, umufana wa APR FC Sarpongo , yashimangiye ko iyi kipe ariyo ifite abafana benshi ndetse ko ntahandi yajya.Yagaragaje ko urukundo akunda APR FC yarukuye ku mubyeyi we.

Sarpongo yakomeje avuga ko amakipe atazasohokera Igihugu agomba gusigira ku rugo neza.Ati:”APR FC narayikundaga kuva na kera, kandi aho ndi niheza.Amakipe atazasohoka azasigare ku rugo. Rayon Sports sinayivuga kuko ntabwo nyizi rero sinayivuga”.

Ibyo kuba APR FC yazagera mu matsinda Sarpongo yavuze ko “Kugera mu matsinda nibyo twifuza ariko bitabaye tuzakira ibyo Imana izaduha”.

Kugeza ubu , ikipe ya APR FC isigaje umukino umwe ngo irangije Shampiyona idatsinzwe na rimwe.

Advertising

Previous Story

Ariel Wayz yateguje indirimbo ibwira umusore wamubabaje agashaka kumugarukira

Next Story

Kino Yves yatewe ishema n’aho yugamye imvura agatungurwa n’abana bakoraga umukoro mu mvura

Latest from Imikino

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop