Abahanzi bo mu Burundi bari kubogoza ! Ese kuki mu gihugu cy’u Burundi habuzemo n’umwe utumirwa muri Trace Awards ngo ahagararire bagenzi be ?

20/10/2023 11:55

Mu gihe Trace Awards igeze ahashyushye, abahanzi bo mu gihugu cy’u Burundi , baribaza impamvu nta muhanzi numwe w’iwabo wigeze atumirwa ngo habwe umwanya wo kwitabira Trace Awards nyamara ubwabo baziko bashoboye.

 

 

Mu magambo yanditswe na Drama T umuhanzi mushya uri kuzamuka neza mu  gihugu cy’u Burundi , arashimangira neza uburyo batewe agahinda n’uko mu gihugu cyabo, nta muhanzi n’umwe watumiwe, nta muhanzi numwe washyizwe mu bahatana , nta muhanzi n’umwe wigeze ashyirwa mubazatambuka kuri Tapis Rouge nk’uko biteganyijwe uyu munsi.

 

 

Drama T yagize ati:”Iki nicyo gihe cyanyacyo cyo guhaguruka , tugakorera hamwe kugira ngo dufashe muziki wacu nk’abitsamuye.Trace Awards itweretse ko tutazwi muri Afurika y’Iburasirazuba.Ntawashyizwe mu bahatana , ntanuwatumiwe. BUJA FLVA WAKE UP AND START WORKING”.

Advertising

Previous Story

Umuhoza Laika wavuzwe mu rukundo na Harmonize yabiteye utwatsi avuga ko ari inshuti zisanzwe nta rukundo bafitanye

Next Story

Umugabo yasenye inzu ye nyuma yo kujya gupimisha DNA agasanga abana yareze ntanumwe we urimo

Latest from Imyidagaduro

Go toTop