Abagabo baratwanga ngo turi babi ! Abakobwa bo mu gihugu cya Kenya bavuze imbogamizi bahura nazo mu rukundo

19/12/2023 20:05

Inkuru ikomeje kuvugisha benshi ku mbugankoranyambaga ni inkuru y’aba bakobwa ikomeje kuvugisha benshi kubera uburyo bavuze ko abagabo benshi babanga ndetse ko bahura n’imbogamizi kubera uko bateye.

 

 

Mu kiganiro aba bakobwa bagiranye n’umunyamakuru Lynn Ngugi, nibwo Agnes na Charity bavuze byinshi ku buzima bwabo ndetse bavuga ko abagabo benshi babanga kubera ingano yabo.

 

 

Agnes ufite ibiro 240 yavuze ko nawe ubwe nta kizere yigirira kubera ingano ye nawe ubwe ngo imutera ikibazo. Yavuzeko kubera umubyibuho ukabije afite ndetse n’ibiro byinshi byangije ubuzima bwe burundu aho abasore bose bamwanga ngo batamukunda.

 

 

Ndetse n’uyu charity nawe ubwo ni munini cyane kuko afite ibiro 130, nawe ahamya ko ahura nimbogamizi kubera ibiro byinshi. Bakomeje bavuga ko iyo bari kugenda ku muhanda abantu benshi baba babaseka.

 

 

Iyo bigeze mu rukundo ngo bavuga ko nta musore n’umwe ubikoza, kuko ngo ingano yabo itabemerera gukundwa. Icyakora bavuga ko no kubona imyenda ibakwiye ari ikibazo kuri bo kuko ngo ingano yabo kubona imyenda bisaba kudodesha cyangwa bakajya mu isoko mu bambere kugira ngo nabone imyenda ibakwiye.

 

Bavuze ko bari gukora uko bashoboye ngo nagabanye ibiro, ndetse ko ngo bashaka abasore babakunda bityo nabo bakumva umunyenga wurukundo abandi babarushije.

 

 

 

Source: muranganewspaper.com

Advertising

Previous Story

Bagabo bacu mu mwigireho ! Umugabo wagaragaye mu muhanda ahetse umwana akomeje gushimwa cyane n’igitsina gore

Next Story

Don Jazzy yavuze ko yubatse indi nzu kubera ko iyo yabagamo atakunze ubwiherero bwayo

Latest from Inkuru z'urukundo

Go toTop