Manager wa Diamond Platnumz ari mu gihombo gikomeye

21/01/2024 08:17

Nyuma y’aho Radiyo ye ihiriye , Manager wa Diamond Platnumz yagiye mu gihombo.

Sallam SK manager wa Diamond Platnumz wizerwa cyane yatunguwe na Radiyo ye Mjini FM yahiye yose igakongoka.Iyi mpanuka yabaye ku wa 12 Mutarama 2024 gusa bikomeje kugaragara ko Sallam yakozweho cyane n’iki gihombo.

Amakuru yavugaga ko ngo kuva uyu mukire yagura iyi Radio ya Mjini FM atigeze yongera guhuza na Diamond kugeza umunsi ishya dore ko ngo hari bashize amezi 4 batagaragara mu ruhame.

Bivugwa ko Sallam yaguze MJINI FM kugira ngo ahangane na Radio yambere muri Tanzania Wasafi FM ya Diamond Platinumz.

Sallam yagize ati:” Turi gukorana n’inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane impamvu y’inkongi.Tuzi icyo MJINI FM yari itumariye, kandi twiteguye kongera kuyubaka ikongera igakora nk’uko byari bisanzwe birakorwa vuba”.

Ushinzwe kuzimya inkongi mu Mujyi wa Dar Es Salaam C.I Kulwa Nzelekela yavuze ko inkongi yibasiye igice cya Studio agaragaza ko bari mu iperereza

Previous Story

Tom Close agiye gushyira hanze Filime

Next Story

Ese ukwiye kuba inshuti n’uwahoze ari umukunzi wawe ? Dore icyo inzobere zibivugaho

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop