Oda Paccy yahawe abafana be ubutumwa bukomeye

09/01/2024 09:36

Umuhanzikazi Oda Paccy anyuze kumbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ubutumwa yahawe n’uwo yise umuvandimwe gusa abivuga agamije kwigisha rubanda.

 

Oda Paccy yagize ati:” Naganiriye n’umuvandimwe , arambwira ati hari ubwo ubuzima bugushuka ko bizagenda neza nawe ukadamarara koko , ukibagirwa uwo uriwe n’umwanya wawe , agaciro kawe , uko ufata abandi n’uko ufatwa n’abandi.

 

Nuko arambwira ati burya iteka niwibagirwa uwo uriwe uzatakara ! kandi ikosa rya mbere ni ukwibura ! Ese ingamba zawe ni izihe ? Ngayo nguko
. Muragahorana Imana n’amafaranga mwa mfura mwe ❤️”.

Nyuma yo gutanga ubu butumwa, benshi bamushimiye kubwo kubatekereza ho, bahuza nawe ko kubaho ari umwimenya.Uwiyise Ha In Ro yagize ati:”Urakoze cyaneeee Oda Paccy nawe ibyo utwifurije biguhame kandi urakoze ku magambo meza”

Indirimbo nshya Oda Paccy afite kuri ubu yitwa Ngicyo.

REBA HANO UBUTUMWA VWA ODA PACCY KURI X [ Former Twitter ].

Previous Story

Tamale yatangaje ko yifuza gutereta Zari Hassan akamwambura umugabo we

Next Story

Ese APR FC irikura imbere ya Mlandege FC

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop