Advertising

Zari Hassan n’umugabo we Shakib Lutaaya na Diamond Platnumz n’abana be yabyaranye na Zari bagiranye ibihe byiza

20/10/2023 07:41

Diamond Platnumz n’umugore bahoze bakundana bakanabyaranye, bagiranye ibihe byiza n’abana babo ndetse n’umugabo mushya wa Zari Hassan Shakib Cham Lutaaya.

 

Mu masaha make ashize Diamond Platnumz n’umugabo w’uwahoze ari umugore we Shakib Lutaaya bagaragaye mu mashusho bishimanye ndetse Shakib arikumwe n’abana ba Zari na Diamond Platnumz.

 

Muri aya mashusho kandi byagaragaye ko Zari yari ahari, Diamond ahari ndetse n’abana babo babiri [ Princess Tiffah Dangote na Prince Nillah Dangote ] bahari.Aya mashusho yabagaragaje bari kukibuga cy’indege baherekeje Diamond Platnumz wari wagiye kumarana igihe n’abana be.

 

Icyagaragaye mu mashusho ni uko , haba Diamond Platnumz na Shakib Lutaaya ntanumwe ufitiye undi umuntima mubi na cyane ko Shakib Lutaaya yari afashe abana ba Zari na Diamond Platnumz.

 

Ubwo basezeranagaho, Shakib Lutaaya yahobeye Diamond Platnumz ndetse bivugwa ko amashusho yose yafashwe na Zari Hassan nyiri ubwite abagabo bombi bahuriyeho.Ni ubwambere Shakib na Diamond bahuye bakamarana agahe kuva yakorana ubukwe na Zari.

 

Zari yakoze ubukwe na Shakib Lutaaya tariki 03 Nzeri Ukwakira 2023 , mu birori byabereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo gusa Simba ntiyigeze yitabira n’ubwo yari yatumiwe.

Previous Story

Lupita Nyong’o wamamaye muri Filime Black Panther yabenze umukunzi we avuga ko atakimwizera buri wese aca ukwe

Next Story

Umuramyi Tumaini Byinshi wamamaye mu ndirimbo ‘Abafite ikimenyetso’ yatanze amashimwe menshi ku Mana nyuma y’uko umugore we arokotse impanuka ikomeye

Latest from Imyidagaduro

Go toTop