Umukobwa wo muri Kenya Huddah Monroe wamamaye cyane kumbuga nkoranyambaga yatangaje ko adakeneye inshuti ahubwo ko akeneye abakiriye n’abamuha amafaranga cyane.
Â
Monroe yemeko nta nshuti agira ndetse ko ntanizo akeneye.Yagize ati:” Nkunda ubuzima bwanjye ubu , nta nshuti mfite kandi ntanizo nkeneye. Abakiriya banjye n’abankurikira nibo nshuti zanjye abandi mwese ndabasabye , ntimukampamagare , ntimukanyandikire, ntabwo mbazi kuva uyu munsi n’ikindi gihe”.
Â
Uyu mukobwa yemeza ko abantu bubu bavuga ko muri inshuti ndetse bakaza no kukureba nyamara bagira ngo batware amazimwe gusa.Ati:” Abantu bubu ntabwo bakwitayeho , baguhamagara bagira ngo batware amazimwe gusa , ariko abakiriya bawe burya nizo nshuti zawe”.
Â
Uyu mukobwa yemeza ko mu gihe abantu mudakorana ubucuruzi runaka , nta nimpamvu yo guhamagarana cyangwa kwandikirana.