Advertising

Umugore w’ikizungerezi wirikanwe n’umugabo kubera kumuca inyuma yagiye mu rukiko yambaye impeta bitungura benshi bari baziko yayitaye

04/17/23 23:1 PM
1 min read

Gushaka ni kimwe ariko no kurwubaka ni ikindi.Bamwe bavuga ko bakwiriye gushakana n’abo bakunda ariko nanone bagashimangira bazarwanira abo bakunda.Uyu mugore we yatunguye benshi nyuma yo kugaragaza ko agikunze uwo bashakanye.

Byabaye mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023 ubwo mu rukiko basabaga Nandipha Magudumana gukura ikote yari yambaye abantu bagatungurwa no kubona yambaye impeta.

Uyu mugore wari imbere y’ubutabera yasabwe na Bloemfontein gukuramo icyo yari yikinze mu maso maze gukuramo abantu bose batungurwa no kubona yambaye impeta nyuma yo gukwirakwizwa kuri twitter ko nta mugabo afite kubera kwangwa n’uwo bashakanye.

Nandipha Magudumana ubusanzwe yagiye aregwa guca inyuma uwo bashakanye kugeza ubwo yaje no kumwihakana , abantu bakaba bongeye no gutungurwa mu gihe bari bamubonye yambaye impeta kurutoki rusanzwe rwambarwaho impeta kubashakanye,

Benshi bibajije impamvu yambaye impeta kandi yatandukanye n’umugabo we wamushinjije kumuca inyuma , bavuga ko ashobora kuba yarashatse undi mugabo cyangwa uyu mugabo we habo Bester akaba yarongeye kumusubiza icyizere dore ko batacanaga uwaka.

Mu nkuru zaambutse kurubuga rwa Twitter cyane, bamwe bagize bati:” Ese aracyari umugore”. Uwiyita Sneezy niwe wagize ati:” Is still Married”. Omiyo ati:” Mana yanjye uziko yambaye impeta”.
Sources & References | Twitter | | https://twitter.com/AldrinSampear/status/1647881965641580546?t=sV73_JAsRaYKm2LRbyikfg&s=19 | https://twitter.com/AdvoBarryRoux/status/1647884081919582208?t=4DRViKkVYoLrtXriqryURA&s=19 | https://twitter.com/omiyo44159823/status/1647882891219591169?t=TncX92jMuFoOiDupLZ1tqg&s=19 | https://twitter.com/JonaSnekhaya/status/1647883494817775616?t=1Qy4n1jh3LZOxevgApzo5Q&s=19

Sponsored

Go toTop