Zuchu yagiriwe inama yo kurinda umukunzi we Diamond Platinumz abagore babyaranye nyuma y’aho Tanasha Donna bafitanye umwana ahaye nyina wa Diamond impano ikomeye

28/09/2023 13:31

Zuchu yagiriwe inama yo kurinda Diamond Platinumz abagore yabyaranye nabo nyuma y’aho Tanasha Donna wamubyariye umwana umwe ahereye nyina wa Diamond impano y’Amafaranga n’umubavu uhenze.

 

Mama Ndangote nyina wa Diamond na Tanasha Donna bagaragaje ibihe byiza bagiranye ubwo uyu mubyeyi yizihizaga isabukuru y’amavuko.

 

Nyuma y’aya mashusho abafana bagaragarije Zuchu ko akwiriye kurinda umugabo bakundana [Diamond Platinumz], kuko abagore yabyaranye nabo bashobora kongera kumutwara aramutse adacunze neza.Ibi babivuze kandi nyuma yo yuko mu kwezi kwa 7 Tanasha na Nyirabukwe bongeye kugaragaza ko bafitanye umubano.

 

Nyuma y’aya mashusho Tanasha Donna yarengejeho amagambo agira ati:” Mama naguteguriye akantu gato ko kutubahiriza amasezerano nizeye ko uragakunda.Isaburu nziza y’amavuko mama, Imana ijye iguha umugisha buri munsi”.

 

Nyuma y’aya magambo Nyina wa Diamond Platinumz nawe yagaragaje ko yabonye iyo mpano aramushimira. Uku guhererekanya amagambo kwa Tanasha Donna na Nyina wa Diamond Platinumz byateye abafana ba Zuchu ikibazo baboneraho kumusaba gucungira hafi.

 

Tanasha Donna ni umugore wa Diamond Platinumz dore ko batandukanye babyaranye umwana umwe.Mu gihe kuri ubu Zuchu ari mu rukundo na Diamond Platinumz uherutse no kumuririra.

Advertising

Previous Story

Dore ibintu ukwiye gukora niba umwana wawe anyara ku buriri

Next Story

Ese nibyo Koko Usher ni Umwana wa Sagatwa ! Amateka ya Nixau Toma wamamaye muri Film ‘Gods Must Be Crazy’ benshi Bazi nka Sagatwa

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop